BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

admin
Last updated: February 2, 2026 2:52 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari cyo cyose kizagabwa kugihugu cye kizavamo intambara y’u Burasirazuba bwo Hagati bwose , ni mu gihe ingabo n’ibikoresho bya Amerika bikomeje kwegerezwa ingabano z’iki gihugu.

Yagize ati”Abanyamerika bagomba kumenya ko nibibeshya nagato bagatangiza intambara, ntakabuza izahinduka ba iy’akarere kose”.

Yakomeje agira ati: “Ntabwo turi bo batangije imirwano, kandi nta gihugu na kimwe dushaka gutera, ariko igihugu cya Iran kizihimura bikomeye ku muntu uwo ari we wese uzagitera cyangwa ukakibuza amahoro.”

Ni mu gihe hari hashize iminsi perezida Donald Trump atangaje ko Iran iri mu “biganiro bikomeye ndetse yizeye ko bishobora no gutanga umusaruro .

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran Abbas Araghchi yari yabwiye CNN ko hari icyizere ko “impande zombi zishobora gushyika ku mushinga w’amasezerano ya nikleyeri wa Tehran.

Ingabo za Amerika zirwanira mu mazi (U.S. Navy) kuri ubu mu karere zifite amato atandatu y’intambara azwi nka destroyers, n’ubwato bunini butwara indege z’intambara buzwi nka aircraft carrier, ndetse n’andi mato atatu y’intambara azwi nka littoral combat ships.

Amerika yohereje aya mato y’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati nyuma y’uko muri Mutarama Iran igabye igitero gikomeye cyahitanye abantu benshi mu guhosha imyigaragambyo yadutse hirya no hino mu gihugu irwanya ubuyobozi bwayo, ibintu byazamuye ubwoba bw’intambara muri aka karere.

Gusa ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Perezida Trump yatangarije abanyamakuru ko Iran iri kugirana ibiganiro bikomeye n’intumwa za Amerika, ndetse ko yizeye ko bazagera ku masezerano yo guhagarika ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi.

Icyakora Tehran ivuga ko yiteguye ibiganiro biboneye kandi bitabogamye, bitagamije kugabanya cyangwa guhagarika ubushobozi bwayo bwo kwirindira umutekano.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Donald Trump akomeje guterwa imijugujugu n’abanyabigwi mu mupira w’amagaru ku Isi

2 Min Read
Amerika

NASA yagaruye ku Isi igitaraganya abashakashatsi bayo kubera umwe warwaye

1 Min Read
Amerika

Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

1 Min Read
Amerika

Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?