BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Gen Muhoozi yasabye Amerika imbabazi nyuma yo kuyishinja gushyigikira Bobi Wine

Gen Muhoozi yasabye Amerika imbabazi nyuma yo kuyishinja gushyigikira Bobi Wine

admin
Last updated: January 30, 2026 3:06 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye imbabazi Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kwibasira Ambasade yazo iri i Kampala.

Uyu mugabo yari amaze iminsi yandika ku rubuga nkoranyambaga rwa X ko ashaka umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, yaba ari muzima cyangwa se yapfuye.

Mu ijoro ryo ku wa 16 Mutarama 2026, nibwo Bobi Wine aheruka mu rugo rwe ubwo hari hashize amasaha make amatora y’Umukuru w’Igihugu arangiye, abashinzwe umutekano bagiye kumuta muri yombi ariko arabacika.

Mu gitondo cyo kuri cy’uyu munsi, Gen Muhoozi yatangaje ko amakuru afite yemeza ko Bobi Wine yahunze abifashijwemo na Ambasade ya Amerika ndetse ubufatanye bwabaga hagati y’impande zombi bwahagaritswe.

Mu bundi butumwa, uyu musirikare yanditse ko ubufatanye bwa Uganda na Amerika mu bijyanye n’umutekano bwasubiye inyuma kuva mu 2015, bigizwemo uruhare n’abayobozi b’iyi Ambasade.

Mu bundi butumwa bwa Gatatu, Gen Muhoozi yanditse kuri X, amenyesha abamukurikira ko yasibye ubutumwa bwibasira Ambasade ya Amerika, nyuma yo gusanga ko bwari bushingiye ku makuru atari yo yari yahawe.

Ati “Ndagira ngo nsabye imbabazi inshuti zikomeye zacu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku bw’ubutumwa bwa kare namaze gusiba. Nari nahawe amakuru atari yo. Navuganye na Ambasaderi wa Amerika mu gihugu cyacu kandi ibintu byose bimeze neza. Tuzakomeza ubufatanye mu bya gisirikare nk’uko bisanzwe.”

Yanasobanuye ko Ambasaderi wa Uganda mu Muryango w’Abibumbye, Adonia Ayebare, ari we wakemuye bwangu ikibazo yari afitanye na Ambasade ya Amerika. Yamusabiye kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ingabo za Nigeria zishe umuyobozi wa Boko Haram

1 Min Read
Mu mahanga

FARDC yagabye ibitero by’indege ku birindiro bya AFC/M23 muri Walikale

1 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yatanze umucyo ku mikoranire ifitanye n’u Rwanda

1 Min Read
Mu mahanga

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?