BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > MIFOTRA yatanze ikiruhuko cy’Umunsi w’Intwari

MIFOTRA yatanze ikiruhuko cy’Umunsi w’Intwari

admin
Last updated: January 30, 2026 2:45 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko ku wa 2 Gashyantare 2026 ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo kwizihiza Umunsi w’Intwari.

Umunsi w’Intwari z’u Rwanda wizihizwa ku wa 1 Gashyantare buri mwaka ariko muri uyu mwaka uwo munsi azaba ari ku Cyumweru.

Mu itangazo iyi minisiteri yashyize hanze ku wa 30 Mutarama 2026 yagize iti “kubera ko umunsi mukuru w’Intwari z’lgihugu uzaba tariki ya 1 Gashyantare 2026 ugahurirana n’impera z’icyumweru, kandi ishingiye ku Iteka rya Perezida N° 062/01 ryo ku wa 19/10/2022 rigena iminsi y’ikiruhuko rusange, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo iramenyesha abakozi n’abakoresha ko ku wa mbere tariki ya 2 Gashyantare 2026 azaba ari umunsi w’ikiruhuko.”

Ingingo ya 28 y’iryo teka, iteganya ko iyo umunsi w’ikiruhuko rusange uhuriranye n’umunsi w’impera y’icyumweru (weekend), umunsi w’akazi ukurikiraho uba umunsi w’ikiruhuko rusange, uretse ku wa 7 Mata, Umunsi wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umunsi w’Intwari watangiye kwizihizwa ku itariki ya 1 Gashyantare buri mwaka mu 1999, nyuma y’uko utandukanyijwe n’uwo gukunda igihugu wabaga ku wa 1 Ukwakira buri mwaka.

Intwari u Rwanda rwizihiza kandi rukazirikana ni iziri mu byiciro bitatu, birimo Imanzi, Imena n’Ingenzi.

Icyiciro cy’Imanzi kirimo intwari zitakiriho zirimo umusikare utazwi izina, uhagarariye abasirikare bose baguye ku rugamba barwanira ineza y’u Rwanda.

Icyiciro cy’Imena kirimo Umwami Mutara wa III Rudahigwa Charles Léon Pierre, Intwari Michel Rwagasana, Uwilingiyimana Agatha, Intwari Félicité Niyitegeka n’abanyeshuri b’i Nyange.

Icyiciro cy’Ingenzi nta ntwari yari yagishyirwamo, gusa haracyakorwa ubushakashatsi bwo kugira ngo bemezwe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Byinshi ku biganiro byahuje Perezida Gnassingbé wa Togo na perezida Paul Kagame

2 Min Read
Mu Rwanda

Ikigo cy’Iteganyigihe mu Karere cyateguje imvura idasanzwe mu bihugu birimo u Rwanda

1 Min Read
Mu Rwanda

Rwanda rwajyanye u Bwongereza mu rukiko kubera guhagarika amasezerano y’abimukira

2 Min Read
Mu Rwanda

Ubucuruzi bw’u Rwanda bwageze kuri miliyoni 1.932 $

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?