Uwahoze ari Perezida wa FIFA, Sepp Blatter, yashyigikiye igitekerezo cy’uko abafana bakwitandukanya n’imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kubera imyitwarire ya Perezida Donald Trump n’ubutegetsi bwe imbere mu gihugu no mu mahanga.
Blatter ni umwe mu bayobozi bakomeye mu mupira w’amaguru ku rwego rw’Isi, bagaragaje impungenge ku kuba Amerika yakwakira neza imikino y’iri rushanwa. Uyu muyobozi ibi yabitangaje Ku wa Mbere tariki 26 Mutarama 2026, mu butumwa yanditse ku rubuga rwa X, asaba abafana kwitandukanya n’imikino izabera muri Amerika.
Igikombe cy’Isi cya 2026 kizakirwa n’ibihugu bitatu birimo Leta zunze ubumwe z’Amerika, Canada na Mexico, kikazaba kuva ku itariki 11 Kamena kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026.
Sepp Blatter yashyigikiye amagambo ya Mark Pieth, umunyamategeko wo mu Busuwisi w’inzobere mu kurwanya ruswa n’ibyaha bijyanye n’amafaranga, wasabye abafana kwitandukanya n’imikino izabera muri Amerika.
Mark Pieth yagize ati ” Nidushingira ku byo twaganiriyeho byose, inama imwe ku bafana ni iyi, mwitandukanye na Amerika. Kurebera ku mateleviziyo biruta kujyayo. Kandi ku bagezeyo, nibadashimisha abayobozi, bashobora guhita basubizwa iwabo vuba, bagize amahirwe.”
Sepp Blatter, agendeye kuri aya magambo, yavuze ati ” Nekereza ko Mark Pieth afite impamvu zo kwibaza ku bijyanye n’iki gikombe cy’Isi.”
Sepp Blatter w’imyaka 89 yayoboye FIFA kuva mu 1998 kugeza mu 2015, aza kwegura nyuma y’iperereza ku byaha bya ruswa.
Impungenge z’abakunzi b’umupira w’amaguru bakomeye ku isi, zishingiye kuri politiki ya Donald Trump. Hari ibintu uyu muyobozi w’Amerika amaze igihe akora birimo Imyitwarire igaragaza kwagura ububasha ku gihugu cya Greenland, gushyiraho ingamba zo kwanga bamwe mu bagenzi binjira muri Amerika ndetse n’uburyo bukomeye bwo guhangana n’abimukira n’abigaragambya mu mijyi nka Minneapolis.
