BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

admin
Last updated: January 26, 2026 1:25 pm
admin
Share
SHARE

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara y’amayobera ifite ibimenyetso nk’iby’ibicurane, yatumye bamwe bibuka ibihe bya Covid-19, dore ko imaze gufata abana 500 mu cyumweru kimwe.

Iyi ndwara imaze gufata abanyeshuri barenga 500 mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa, yatumye abayobozi b’Ibigo by’amashuri ivugwamo, batamga impuruza ku nzego z’ubuzima.

Abanyeshuri banduye iyi bagaragaza ibimenyetso bisa nk’iby’ibicurane, birimo kubaba umutwe cyane, umuriro mwinshi, kubabara umubiri wose, n’inkorora idacika. Umubare w’abandura ukomeje kwiyongera, bigatera impungenge ababyeyi, abarimu, n’abayobozi b’inzego z’ibanze.

Umuvuduko w’ikwirakwira ry’iyi ndwara y’ibicurane wibutsa ibyagaragaye mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’inzego z’ibanze, ashimangira uburemere bw’iki kibazo.

Hashyizweho ingamba

Amashuri yibasiwe n’iyi ndwara yasabye abanyeshuri gukurikiza amategeko y’isuku, harimo gukaraba intoki kenshi no kwirinda gukora ku mubiri. Ariko, abayobozi b’ibigo by’amashuri bemeza ko izi ngamba zikiri nke ukurikije uburemere bw’icyorezo.

Barasaba serivisi z’ubuzima kugira icyo zikora mu maguru mashya kugira ngo hamenyekane inkomoko nyayo y’iyi ndwara kandi hashyirweho ingamba zikwiye zo kwita ku buzima.

Amashuri yibasiwe cyane cyane, ni asanzwe acumbikira abana, ibintu binatuma kwanduzanya hagati yabo byihuta. Bamwe mu bayobozi b’amashuri, baremerewe n’iki kibazo, barimo gusaba byihutirwa inzego z’ubuzima kugira ngo habeho uburyo bwihuse, buhuriweho kandi bunoze.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ingabo za Nigeria zishe umuyobozi wa Boko Haram

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yasabye Amerika imbabazi nyuma yo kuyishinja gushyigikira Bobi Wine

2 Min Read
Mu mahanga

FARDC yagabye ibitero by’indege ku birindiro bya AFC/M23 muri Walikale

1 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yatanze umucyo ku mikoranire ifitanye n’u Rwanda

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?