BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

admin
Last updated: January 17, 2026 3:50 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier J.P. Nduhungirehe, ari i Lomé muri Togo aho yitabiriye inama yo ku rwego rwo hejuru igamije gushimangira ubufatanye no gushyigikira inzira y’amahoro iyobowe n’Afurika muri RDC no mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Yanahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Togo, Prof. Robert Dussey, basinyana amasezerano akuraho visa ku bafite pasiporo zose.

U Rwanda rusanzwe rubanye neza na Togo

Muri Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Togo Faure Essozimna Gnassingbé, baganiriye ku kurushaho kwimakaza ubutwererane bw’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

Ni ibiganiro byibanze ku kongerera imbaraga ubutwererane hagati y’u Rwanda na Togo mu nzego zirimo ubuhinzi, ubucuruzi n’ishoramari, gutera inkunga imishinga ibungabunga ibidukikije, ingufu n’izindi nzego.

Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’ibiganiro no gusinyana amasezerano hagati y’ibihugu byombi, abaturage babyo bakwiye kubyaza umusaruro ayo mahirwe bakora ibyo bakwiye gukora.

Ati: “Iteka mpora nshaka kwibutsa abantu ko iyo twamaze kugenderanirana, tukagirana ibiganiro, tukagera ku gusinyana amasezerano, ikiba gisigaye ari ukwinjira mu bucuruzi maze tugakora ibyo dukwiye kuba dukora.”

Muri ibyo biganiro byabereye mu muhezo, Perezida Faure Essozimna Gnassingbé yashimangiye ko Togo yiteguye gukomeza kwimakaza umubano ifitanye n’u Rwanda.

Uwo mukuru w’Igihugu Perezida Gnassingbé, wari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda icyo gihe, yifatanyije na Perezida Kagame mu biganiro byahuje amatsinda ahagarariye ibihugu byombi agamije kurushaho kunoza umubano.

Perezida Kagame yavuze ko bishimiye kwakira mu Rwanda mugenzi Gnassingbé, ndetse ko ibihugu byombi bimaze igihe kirekire bifitanye umubano mwiza.

Perezida Kagame yavuze ko kuri iyi nshuro hari byinshi bemeranyijwe gufatanya, igisigaye kikaba ari ugutangira gukora ibyo biyemeje.

Urwo ruzinduko rw’uwo Mukuru w’Igihugu wa Togo rwaje rukurikira urwo yaheruka kugirira mu Rwanda muri Kanama 2024, ubwo yitabiraga ibirori by’irahira rya Perezida Kagame watorewe kuyobora Igihugu muri manda y’imyaka itanu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?