BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Dr Claude yabitswe ari muzima

Dr Claude yabitswe ari muzima

admin
Last updated: January 10, 2026 9:27 am
admin
Share
SHARE

Dr. Claude yatangaje ko amaze iminsi yakira ubutumwa bwinshi bw’abantu bamubika, avuga ko abo bantu ari abo yise “Contre Succès”, bamwifuriza ikibi.

Yabibwiye itangazamakuru ko amakuru yavugaga ko yapfuye atari yo, kandi ko ayo makuru yatangiye gukwirakwira cyane cyane avuye i Burundi.

Yagize ati nubwo abantu benshi bamuhamagara bava mu Burayi, muri Amerika n’ahandi, ari muzima kandi ari kuvugana n’abantu, ashimangira ko abamubika ari abifuza ko yaba atakiriho, ariko Imana ikaba itabibemereye.

Dr. Claude kandi yavuze ko nyuma y’imyaka icyenda atagaruka mu Rwanda, yongeye kuhagera mu 2024 avuye i Burundi. Yongeyeho ko yemerewe gutura mu Rwanda no mu Burundi, kuko afite ibyangombwa by’ibihugu byombi. Rwanda tourist guide

Yibukije ko Abanyarwanda batakagombye kumufata nk’umunyamahanga, kuko ari Umunyarwanda ufite indangamuntu, kandi anafite ubwenegihugu bw’u Burundi bitewe n’uko se ari Umunyarwanda naho nyina akaba Umurundikazi. Yavuze ko hari abamwitiranya, bikaba byaratumye hari abigeze kumwambura bumwe mu bwenegihugu bwe.

Dr. Claude ni umuhanzi wamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo “Baramujyanye”, “Igikara”, “Succès” n’izindi. Yongeye gushimangira ko abakomeje gukwirakwiza inkuru zo kumubika ari abantu bamwanga kandi bamwifuriza urupfu.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

IShowSpeed yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye

2 Min Read
Imyidagaduro

Umunyamakuru wa Radio/TV 10 Taikun Ndahiro yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

2 Min Read
Imyidagaduro

Rutangarwamaboko yahanuye Pamella umugore wa The Ben

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?