BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > REB yatangiye gutanga mudasobwa 15.000 mu bigo by’amashuri birenga 400

REB yatangiye gutanga mudasobwa 15.000 mu bigo by’amashuri birenga 400

admin
Last updated: January 7, 2026 6:23 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), rwatangaje ko rwatangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gutanga mudasobwa 15.000 ku bigo by’amashuri 483 yo hirya no hino mu gihugu.

Mu itangazo REB yashize ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ari gahunda igamije guteza imbere ubumenyi ku ikoranabuhanga, gushyigikira uburyo bushya bwo kwigisha no kuzamura ireme ry’uburezi ku banyeshuri bo mu Rwanda.

REB yavuze iyi gahunda yatangiriye gushyirwa mu bikorwa mu Ntara y’Ubururasirazuba ikazagera mu gihugu hose.

Mu rwego rwo guteza imbere ubumenyi bushingiye ku ikoranabuhanga mu mashuri, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho gahunda ya One Laptop Per Child, yitezweho kuba inkingi ikomeye mu kuganisha u Rwanda ku bukungu bushingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga rihereye mu mizi.

Ni umushinga watangiye muri Kamena 2008 ugamije gutanga mudasobwa kuri buri mwana, intego zawo zari izo kugira u Rwanda igicumbi cy’ikoranabuhanga amahanga ashobora kwigiraho.

U Rwanda rushyize imbere iterambere rishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga ndetse gahunda y’igihugu y’imyaka itanu igamije kwihutisha iterambere iteganya ko abaturage bose bazaba bafite ubumenyi ku ikoranabuhanga mu 2029.

Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ikoranabuhanga mu mashuri kandi Guverinoma y’u Rwanda yatangiye gahunda yo guha abarimu mudasobwa mu rwego rwo gukomeza kubafasha mu myigishirize yabo hifashishijwe ikoranabuhanga, guhanga udushya no kwiyungura ubumenyi.

Mu 2024 REB yari yatangaje ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026, abarimu bose bo mu Rwanda, bazaba bafite mudasobwa mu kurushaho kwimakaza ikoranabuhanga mu burezi

Ibi biri no muri gahunda ya kabiri y’u Rwanda yo kwihutisha iterambere aho, izarangira mubare w’abiga amasomo y’ikoranabuhanga wiyongereye bahabwe ubumenyi n’ibikoresho bikenewe, ndetse n’abantu ibihumbi 500 bahugurwe mu bijyanye n’ikoranabuhanga, abantu babarirwa muri miliyoni biganjemo urubyiruko bazahabwe amasomo y’ikoranabuhanga ajyanye na coding.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kayonza: Agahinda ko gutsindwa kw’ikipe afana katumye yiyambura ubuzima

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
Mu Rwanda

Kirehe: Uwakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yarashwe na polisi

2 Min Read
Mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?