BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Kamonyi: Bane bamaze kwicwa n’inzoga banyweye.

Kamonyi: Bane bamaze kwicwa n’inzoga banyweye.

admin
Last updated: December 30, 2025 7:25 pm
admin
Share
SHARE

Abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi, bishwe n’inzoga banyoye bikekwa ko itujuje ubuziranenge.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gahungeri uro mu Kagari ka Gisheshe mu Murenge wa Rukoma.

Aba bantu bamaze kwicwa n’iyo nzoga barimo abagabo batatu n’umwana w’imyaka itatu y’amavuko

Amakuru avuga ko uru rupfu rwabaye mu minsi ibiri, uhereye ku wa 29 kugeza ku ya 30 Ukuboza 2025, nyuma y’uko aba bantu banyoye inzoga yenzwe mu buryo butemewe.

Andi makuru aturuka mu buyobozi agaragaza ko uwitwa Kagaba Eric, wari usanzwe akora inzoga, ari we wapfuye bwa mbere ku wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza 2025 saa sita z’amanywa ndetse bigakekwa ko iyo nzoga yanyoye na bagenzi be ariyo yatumye bitaba Imana.

Umuntu wa Kabiri wari wasangiye iyo nzoga na Kagaba yaje kwitaba Imana kuri uwo munsi ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, mu gihe uwa undi wa Gatatu yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Ukuboza 2025.

Bivugwa ko hari undi mwana w’imyaka itatu wari wasuye nyirakuru nawe wapfuye ndetse abaturage bashimangira ko bo bagabo bamusomeje kuri iyo nzoga, nawe aaba yaritabye Imana saa moya z’ijoro ku wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza 2025.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma, Mandera Innocent, yemeje iby’aya makuru, avuga ko inzoga banyoye itujuje ubuziranenge.

Ygize ati “Amakuru y’urupfu rw’aba bantu twayamenye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, duhita dutangira iperereza ku byabiteye.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yemeje ko Kagaba Eric yari afite akabari katazwi katanemewe n’amategeko, kakekwagaho gukoresha inzoga zitujuje ubuziranenge, anashimangira ko ko hari undi muntu wajyanywe mu Bitaro bya Remera Rukoma, na we wanyweye kuri iyo nzoga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kayonza: Agahinda ko gutsindwa kw’ikipe afana katumye yiyambura ubuzima

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
Mu Rwanda

Kirehe: Uwakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yarashwe na polisi

2 Min Read
Mu Rwanda

REB yatangiye gutanga mudasobwa 15.000 mu bigo by’amashuri birenga 400

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?