BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Maj Ekenge ari gusabirwa igihano cyo gufungwa

Gen Maj Ekenge ari gusabirwa igihano cyo gufungwa

admin
Last updated: December 30, 2025 7:14 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’umuryango w’Abatutsi bo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, David Karambi Fati, yasabye ko Gen Maj Sylvain Ekenge atabwa muri yombi kubera kwibasira abo muri ubu bwoko.

Ubwo Gen Maj Ekenge yari kuri televiziyo ya RDC (RTNC) tariki ya 27 Ukuboza 2025, yavuze ko gushakana n’umugore w’Umututsikazi bisaba kwitonda kuko ngo ntibabyarana n’abo badahuje ubwoko.

Aya magambo yamaganywe bikomeye yatumye tariki ya 28 Ukuboza, Umugaba Mukuru w’ingabo za RDC, Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, ahagarika by’agateganyo Gen Maj Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi wazo

Tariki ya 29 Ukuboza, Karambi yandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ibaruwa ifunguye, amugaragariza uburyo Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwibasirwa.

Karambi yagize ati “Nubwo Leta ya RDC yafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo uyu muntu, tubona ibi bidahagije bitewe n’uburemere bw’ivangura n’iheza riri mu magambo mabi yavuze ku bwoko bw’Abatutsi.”

Uyu Munye-Congo yatangaje ko mu gihe intambara ikomeje mu burasirazuba bwa RDC, amagambo y’umusirikare ukomeye nka Gen Maj Ekenge ashobora kwenyegeza ubugizi bwa nabi bukorerwa ubwoko bw’Abatutsi, bugasubiza inyuma gahunda z’amahoro

Yasabye Umuryango w’Abibumbye gutanga ubufasha kugira ngo Gen Maj Ekenge afungwe, agezwe mu rukiko rufite ububasha bwo kumuburanisha, kandi ko abandi bavuga amagambo nk’aya bakwiye kwamaganwa ku mugaragaro, abaturage bibasirwa barindirwe umutekano.

Ati “Hashingiwe ku masezerano y’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’imyanzuro y’akanama k’umutekano ku gukumira jenoside n’ibyaha byibasira inyokomuntu, turasaba ko mwagira uruhare mu gufata ako kanya uwatangaje ayo magambo no kumushyikiriza inzego z’ubutabera zibifitiye ububasha.”

Umunyamakuru wa televiziyo ya RDC (RTNC) wakiriye Gen Maj Ekenge mu kiganiro, Joseph Oscar Mbal Kahij, na we yahagaritswe by’agateganyo mu kazi kubera ko kwemera ko amagambo y’uyu musirikare atambuka

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?