BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwashyigikiye AU kwanga gusenyuka kwa Somalia

U Rwanda rwashyigikiye AU kwanga gusenyuka kwa Somalia

admin
Last updated: December 29, 2025 9:21 am
admin
Share
SHARE

U Rwanda rwashyigikiye icyemezo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uw’Afurika y’Iburasirazuba gishimangira ubusugire bw’ubutaka bwa Somalia.

Uyu miryango wasohoye amatangazo ashimangira ko utazemera ko Somaliland, ifatwa nk’Intara ya Somalia, iba igihugu cyigenga.

Ni nyuma yuko Igihugu cya Israel kibaye icya mbere cyemeje iyi Ntara ya Somaliland, nk’Igihugu cyigenga, ibintu byatumye hazamuka impaka zatumye bamwe bakeka ko n’ibindi Bihugu bishobora kugendera muri uyu murongo.

Gusa ibi byahise byamaganirwa kure n’Imiryango irimo uwa Afurika Yunze Ubumwe wahise ushyira hanze itangazo rivuga ko “Chairperson yamaganye iyemezwa iryo ari ryo ryose rya Somaliland nk’Igihugu cyigenga, kandi akaba ashimangira umurongo wa Afurika Yunze ubumwe wo gushyira hamwe kwa Somalia n’ubusugire bwayo.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yakomeje avuga ko atesheje agaciro imigambi cyangwa ibikorwa ibyo ari byo byose bigamije kwemeza Somaliland nk’Igihugu cyigenga, kandi ko yibutsa ko “Somaliland izakomeza kuba igice kigize Repubulika Yigenga ya Somalia.”

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba unaherutse kwemeza Somalia nk’Igihugu kinyamuryango gishya, ari na cyo giheruka kuwinjiramo cyabyemerewe muri Werurwe umwaka ushize, na wo wamaganye biriya byo kwemeza Intara ya Somaliland nk’Igihugu cyigenga.

Mu itangazo EAC yashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 28 Ukuboza 2025, uyu Muryango wavuze ko “wemera Repubulika ya Somalia nk’Igihugu kimwe kiyobowe na Guverinoma ya Repubulika ya Somalia.”

Guverinoma y’u Rwanda na yo yashyize hanze itangazo kuri iki Cyumweru, ivuga ko “u Rwanda ruri mu murongo umwe mu buryo bwuzuye n’amatangazo yashyizwe hanze n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ashyigikira Somalia.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yaboneye gushishikariza amahanga kugendera ku nzira iganisha ku mahoro n’ubusugire, hubahirizwa amategeko n’amasezerano mpuzamahanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?