BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwashyigikiye AU kwanga gusenyuka kwa Somalia

U Rwanda rwashyigikiye AU kwanga gusenyuka kwa Somalia

admin
Last updated: December 29, 2025 9:21 am
admin
Share
SHARE

U Rwanda rwashyigikiye icyemezo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uw’Afurika y’Iburasirazuba gishimangira ubusugire bw’ubutaka bwa Somalia.

Uyu miryango wasohoye amatangazo ashimangira ko utazemera ko Somaliland, ifatwa nk’Intara ya Somalia, iba igihugu cyigenga.

Ni nyuma yuko Igihugu cya Israel kibaye icya mbere cyemeje iyi Ntara ya Somaliland, nk’Igihugu cyigenga, ibintu byatumye hazamuka impaka zatumye bamwe bakeka ko n’ibindi Bihugu bishobora kugendera muri uyu murongo.

Gusa ibi byahise byamaganirwa kure n’Imiryango irimo uwa Afurika Yunze Ubumwe wahise ushyira hanze itangazo rivuga ko “Chairperson yamaganye iyemezwa iryo ari ryo ryose rya Somaliland nk’Igihugu cyigenga, kandi akaba ashimangira umurongo wa Afurika Yunze ubumwe wo gushyira hamwe kwa Somalia n’ubusugire bwayo.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yakomeje avuga ko atesheje agaciro imigambi cyangwa ibikorwa ibyo ari byo byose bigamije kwemeza Somaliland nk’Igihugu cyigenga, kandi ko yibutsa ko “Somaliland izakomeza kuba igice kigize Repubulika Yigenga ya Somalia.”

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba unaherutse kwemeza Somalia nk’Igihugu kinyamuryango gishya, ari na cyo giheruka kuwinjiramo cyabyemerewe muri Werurwe umwaka ushize, na wo wamaganye biriya byo kwemeza Intara ya Somaliland nk’Igihugu cyigenga.

Mu itangazo EAC yashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 28 Ukuboza 2025, uyu Muryango wavuze ko “wemera Repubulika ya Somalia nk’Igihugu kimwe kiyobowe na Guverinoma ya Repubulika ya Somalia.”

Guverinoma y’u Rwanda na yo yashyize hanze itangazo kuri iki Cyumweru, ivuga ko “u Rwanda ruri mu murongo umwe mu buryo bwuzuye n’amatangazo yashyizwe hanze n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ashyigikira Somalia.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yaboneye gushishikariza amahanga kugendera ku nzira iganisha ku mahoro n’ubusugire, hubahirizwa amategeko n’amasezerano mpuzamahanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
Politike

Gen Maj Ekenge ari gusabirwa igihano cyo gufungwa

2 Min Read
Mu mahanga

DRC:Kiliziya Gatulika yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 ifashe Uvira

2 Min Read
Politike

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?