BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

admin
Last updated: November 27, 2025 1:44 pm
admin
Share
SHARE

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwasubitse Urubanza rwa Kalisa John (Kjohn ) na Ishimwe Patrick (Pazzo Man) rwari ruteganyijwe kuri uyu wa Kane rwimurirwa indi tariki.

Aba bakurikiranyweho ibyo gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gutera akabariro n’umukunzi we.

Ubwo bageraga imbere y’inteko iburanisha imaze kubasomera imyirondoro, babajijwe ni ba biteguye kuburana Ishimwe Patrick yavuze ko atiteguye kuburana.

Impamvu Ishimwe yatanze ni uko atigeze abona dosiye ye ndetse akwiye no kuburana afite umwunganizi mu mategeko.

Kalisa John uzwi nka K.John we yavuze ko yiteguye kuburana cyane ko we yumva uru rubanza yakabaye aruzamo nk’umutangabuhamya kuruta kuba ucyekwaho icyaha.

K.John yavuze ko atumva uko dosiye ye ihuzwa n’iya Ishimwe. Kalisa John yavuze ko asanga buri wese mu bari muri iki kibazo akwiye gukorerwa dosiye imwe ntibahurizwe muri imwe.

Ubushinjacyaha buhawe ijambo bwavuze ko impamvu bahurijwe muri dosiye imwe ari uko ubarega ari umwe ndetse baregwa icyaha kimwe bityo agasanga nta mpamvu yo kubatandukanya.

Ubushinjacyaha bwemeye ubusabe bwa Ishimwe Patrick buvuga ko itegeko rimuha uburenganzira bwo kuburana yunganiwe ndetse yanasomye dosiye ye neza, busaba Urukiko ko mu bushishozi bwabo aribo babifataho umwanzuro.

Umucamanza nyuma yo kumva impande zombi yanzuye ko uru rubanza rusubitswe rukazasubukurwa ku wa 4 Ukuboza 2025.

Ni urubanza rwitabiriwe n’abanyamakuru b’imyidagaduro ndetse na Yampano nyir’izina.

Uretse aba babiri iyi dosiye imaze gufungwamo abandi batatu barimo na Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?