BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Abarimo Djihad batawe muri yombi kubera gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina

Abarimo Djihad batawe muri yombi kubera gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina

admin
Last updated: November 27, 2025 3:45 am
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2025, rwataye muri yombi Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, hamwe na Kwizera Nestor, uzwi cyane nka Pappy Nesta, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho agaragaza Yampano ari guterara akabariro

Ibi byatumye umubare w’abamaze gufatwa muri iki kibazo ugera kuri batanu.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yemeje ifatwa ry’aba bombi, anashimangira ko ibikorwa byo gusakaza amashusho y’urukozasoni bigomba gucika burundu. Yavuze ko iperereza rikomeje kandi ko buri wese uzagaragarwaho uruhare azakurikiranwa n’amategeko yaduteganyirije.

Djihad na Pappy Nesta bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro, mu gihe iperereza rigikorwa kugira ngo dosiye yabo yoherezwe mu Bushinjacyaha.

Iki gikorwa cy’iperereza cyatangijwe nyuma y’ikirego Yampano ubwe yatanze ku wa 9 Ugushyingo 2025. Ku ikubitiro, ku wa 11 Ugushyingo, RIB yafashe Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, nyuma ye hakurikiraho Kalisa John (K. John) wafashwe ku wa 14 Ugushyingo.

Dosiye ya Pazzo Man na K. John yoherejwe mu Bushinjacyaha ku wa 17 Ugushyingo. Nyuma yaho, ku wa 18 Ugushyingo, RIB yongeye gufata Ishimwe François Xavier, ukekwaho kwaka abantu amafaranga kugira ngo abaha ayo mashusho y’urukozasoni.

Kuri ubu , abantu batanu bamaze gufatwa mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo buri wese wagize uruhare mu gukwirakwiza ayo mashusho abiryozwe nk’uko amategeko abiteganya.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?