BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

admin
Last updated: November 24, 2025 3:00 pm
admin
Share
SHARE

Abanyarwanda barenga 200 bari bamaze imyaka barahungiye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, batahutse kuri uyu wa Mbere, bavuga ko Umutwe w’iterabwoba wa FDLR wari warabafashe bugwate ubabwira ko uzabacyura mu Rwanda numara gukuraho ubuyobozi bwarwo.

Aba baturage bageze mu Rwanda saa tanu z’amanywa, banyuze ku mupaka wa La Corniche uhuza umujyi wa Rubavu na Goma. Bakigera ku butaka bw’u Rwanda, bakiriwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), Ritu Shrof, wari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper.

Nyuma yo guhabwa ikaze, bahise boherezwa mu nkambi ya Nyarushishi iherereye mu Karere ka Rusizi, aho hakirirwa abatahuka baturutse muri Congo. Ni ahantu hamaze igihe hifashishwa mu kwakira no gutunganya ubuzima bushya bw’abagaruka mu gihugu nyuma yo gutahuka ku bushake bwabo.

Aba baturage bagomba guhabwa ubufasha bw’ibanze burimo ibyo kurya bingana na Frw 45 ku munsi, n’amafaranga abafasha gutangira ubuzima bushya. Urengeje imyaka 18 ahabwa $188 naho uri munsi yayo agahabwa $113.

Iki gikorwa cyo kwakira abatahuka gikurikije imyanzuro yafatiwe mu nama yahuje u Rwanda, RDC na UNHCR yabereye i Addis Abeba ku wa 24 Nyakanga 2025, yahurizaga hamwe uburyo bwo gufasha gutaha ku bushake abanyarwanda bari muri Congo.

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yerekana ko kugeza ubu abarenga 6000 bamaze gutahuka ku bushake kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?