BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

admin
Last updated: November 17, 2025 1:07 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati y’Ibihugu byabo, mu bijyanye n’ubuhinzi.

Ni uruzinduko rwabaye kuri iki Cyumweru tariki 16 Ugushyingo 2025, aho Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Ndayishimiye mu biro bye nyuma y’Inteko ya 9 y’Umuryango w’Ibiyaga Bigari.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, bivuga ko uku guhura kw’abakuru b’Ibihugu “babanje kugirana ibiganiro mu gihe cy’igice cy’isaha baganira” bigakurikirwa no kugirana ibiganiro byagutse ku mikoranire.

Perezidansi ya DRC ivuga ko “Binyuze muri ibi biganiro, Abakuru b’Ibihugu b’Ibihugu byombi baangiye ibitekerezo ku bibazo by’Ibihugu byombi n’iby’akarere.”

Ibi Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa kandi bikomeza bivuga ko “impande zombi zemeranyijwe guteza imbere imikoranire mu rwego rw’Ubuhinzi.”

Nanone kandi Abakuru b’Ibihugu byombi, bayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubu bufatanye mu rwego rw’Ubuhinzi, ryashyizweho umukono na bamwe mu bagize Guverinoma z’Ibihugu byombi bafite mu nshingano uru rwego.

Aya masezerano akubiyemo ibijyanye n’ubushakashatsi mu by’ubuhinzi, amahugurwa ndetse no guhanahana inzobere muri uru rwego, ibijyanye no gukumira no guhangana n’indwara zibasira ibihingwa, ndetse n’ibijyanye n’inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi.

Uretse ibijyanye n’Ubuhinzi, abakuru b’Ibihugu kandi banaganiriye ku mishinga ihuriweho irimo ubucuruzi bwambukiranya imipaka y’ibi Bihugu.

Aya masezerano yo mu rwego rw’Ubuhinzi, abaye nyuma y’imyaka ibiri, aba Bakuru b’Ibihugu byombi, banasinyanye andi masezerano y’imikoranire mu bya gisirikare, yashyizweho umukono muri 2023.

Aya masezerano, yatumye Igihugu cy’u Burundi cyohereza abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gufatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana n’Ihuriro AFC/M23 rigizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo byumwihariko ubw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bakunze kubwamburwa kuva cyera.

Amakuru avuga ko kugeza ubu u Burundi bufite abasirikare barenga ibihumbi icumi muri DRC, biganje mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, banavugwaho gufatanya na FARDC ndetse n’indi mitwe nka FDLR na Wazalendo, gukomeza guhohotera Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, aho byumwihariko ubu abugarijwe ari abo mu muryango w’Abanyamulenge.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?