BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Sep 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Qatar yahigiye kwihorera ku gitero Isiraheli yabagabyeho i Doha bidatinze

Qatar yahigiye kwihorera ku gitero Isiraheli yabagabyeho i Doha bidatinze

sam
Last updated: September 10, 2025 11:55 am
sam
Share
SHARE

Leta ya Qatar yatangaje ko igomba kwihorera kuri Israel ku gitero Isiraheli yagabye i Doha aho abayobozi bakuru ba Hamas bari bateraniye mu nama.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman Al Thani, Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru avuga ko igihugu cye kugokba kwihorera ntakabiza.

Sheikh Mohammed yatangaje ko igihugu cye cyiyemeje gufata ingamba zikomeye mu gihe icyo ari cyo cyose hagabwa igitero ku butaka bwayo kandi ko izihorera.

Yasobanuye ko icyo gitero cya Isiraheli ari iterabwoba ku gihugu, ashinja Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu guhungabanya umutekano w’Akarere no guhonyora ubusugire bw’ikindi gihugu.

Yanenze Isiraheli, avuga ko ikomeje guteza ibibazo mu Karere igambiriye inyungu zayo bwite ariko ko Qatar izakomeza gukora uko ishoboye kose kugira ngo intambara ya Hamas na Isiraheli ihagarikwe.

Isiraheli yagabye igitero i Doha mu ijoro ryo ku wa 09 Nzeri aho bayobozi b’umutwe wa Hamas bari bateraniye mu biganiro bigamije guhagarika intambara bahanganyemo na Isiraheli.

Icyo gitero cyagabwe mu buryo butunguranye cyari kigamije kwica abo bayobozi nubwo ntawe byatangajwe ko yakiguyemo ariko cyaguyemo abarinzi batatu, gikomeretsa n’abandi mu gihe ku ruhande rwa Qatar cyasize gihitanye umwe mu bakora mu nzego z’umutekano.

Nyuma y’icyo gitero Isiraheli yahise icyigamba isobanura ko byari mu rwego rwo kwivugana abayobozi ba Hamas bagize uruhare runini mu bitero uwo mutwe wagabye muri Isiraheli mu 2023.

Ni mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zaburiye Qatar mbere yuko Isiraheli igaba icyo gitero ariko ibyo byamaganiwe kure na Qatar ivuga ko nta muburo cyangwa integuza bigeze bahabwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Museveni yategetse ko ibigo by’amashuri bitagira ibibuga bya siporo byimwa impushya

Perezida wa Uganda,Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko nta shuri ryo mu gihugu…

Kinshasa : Abakozi bakora ku kibuga cy’indege bakomeje gufungwa bazira guheza mu kirere indege yaperezida

Abakozi benshi bakora ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Ndjili i Kinshasa bakomeje…

Umwe mu basore bagaragaye bakorera umukobwa ubugome bukabije yacakiwe

InPolisi y'u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore batatu bagaragaye…

Urubyiruko ruri kwisonga mu bagerageza kwiyahura mu Rwanda

Ku wa 10 Nzeri 2024, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza…

Polisi y’u Rwanda yemeje ifungwa ry’abahanzi Ariel Wayz na Babo

Ubuyobozi bwa polisi y'u Rwanda bwemeje koabahanzi Barbara Horn Teta wamamaye nka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Zo’o Minto’o uyobora Ikigo Nyafurika cy’iby’indege

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwasubije HRW yavuze ko imva zo mu irimbi rya gisirikare zikomeje kwiyongera 

2 Min Read
Politike

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

2 Min Read
Politike

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?