BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Sep 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

sam
Last updated: July 17, 2025 10:30 am
sam
Share
SHARE

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije abamaze iminsi bavuga ko umugabo we yakennye, abibutsako ntawe yamurindishije.

Miss Naomi atangaje ibi nyuma y’umunsi umwe ushize ku mbuga nkoranyambaga hazengurutswa ifoto y’umugabo we Michael Tesfay agaragara ari mu modoka rusange ari nabyo abenshi bashingiyeho bavuga ko yakennye.

Mu kiganiro yakoreye ku rubuga rwa Instagram (Live), yabasubije ko ubuzima bw’umugabo we Michael Tesfay butabareba, bakwiye kumumurekera icyakora ko we bemerewe kumuvugaho ibyo bashaka ariko bagera ku mugabo we bagafunga iminwa.

Yagize ati: “Icyo yatega cyose, yajya hehe mujye mumureka kandi igihe muzajya mumubona, mujye mufunga umunwa. Icyo nzabafasha, ni ukubagurira akantu kitwa ‘Super Glue’, ariko kuri njye rwose mwemerewe kuvuga ibyo mushaka? Numvise muvuga ko akennye!

Akomeza agira ati: “Mwigeze mumubona aza hano ku mbuga nkoranyambaga asabiriza? Nigeze nza hano ku mbuga nkoranyambaga mvuga ko hari ibitagenda kuri we? Oya, rero mumundekere. Ubundi ko mubereka naramubahaye? Ni uwanjye. Iyo nza kumushyira hano ku mbuga nkoranyambaga, hari ubwo nza mvuga ngo mumutware? Oya. Iyi ni isura y’umuntu wishimye, utari guhangana n’ibibazo.”

Ibyo bibaye nyuma y’ikiganiro Naomie aherutse gukora avuga ko mu gihe gito amaze mu rugo amaze kuhigira kwihangana cyane ko atagiraga kwihangana na guke, ahishura ko umugabo afite agira kwihangana kurenze kandi amaze kubimwigisha.

Urugo rwa Mihael Tesfay na Miss Naomie rumaze amezi agera muri arindwi kuko barushinze tariki 29 Ukuboza 2024 nyuma y’umwaka bari bamaze bakundanye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Intambara iri mu burasirazuba bwa DRC ikomeje gukoma mu nkokora uburezi bwaho

Ubutegetsi bw'i Kinshasa muri Repibulika iharanira demokarasi ya Congo bwafashe icyemezo cyo…

Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

Ubuyobozi bw'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA ry'ijeje abakinnyi b'ikipe y'igihugu Amavibi…

Burera: Polisi yafatanye umugabo ibilo bisaga 200 by’insinga z’amashanyarazi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera yafashe umugabo wari ufite…

AFC/M23 yamaganye imvugo zihembera urwango muri Uvira na Ituri

Ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 na Twirwaneho rwatangaje ko ridashobora…

Perezida Kagame yatangije inama Aviation Africa 2025 iri kubera i Kigali

Perezida Paul Kagame yitabiriye anatangiza inama ya cyenda y'iminsi ibiri yiga ku…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Inkuru y’akababaro: Urupfu rw’umuramyi Gogo rwashenguye abatari bake

1 Min Read
Imyidagaduro

Weasel yasezerewe mu bitaro

1 Min Read
Imyidagaduro

Teta Sandra yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umugabo we Weasel kubushake

2 Min Read
Imyidagaduro

Umurinzi wa The Ben yajyanywe kwamuganga igitaraganya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?