BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > Abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere bishimiye amabwiriza mashya bashyiriweho na  RGB

Abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere bishimiye amabwiriza mashya bashyiriweho na  RGB

sam
Last updated: March 11, 2025 8:24 am
sam
Share
SHARE

Abayobozi b’Imiryango ishingiye ku myemerere bavuga ko amabwiriza mashya yashyizweho n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, azaca akajagari kari muri iyi miryango katumye igera ku bihumbi 9800 ifungwa by’agateganyo

Urwego rw’imiyoborere rusobanura ko nta kwihanganira abagendana insengero mu mifuka, kubera ko hagamijwe kurengera Abanyarwanda, kuko ari nabo bakirisitu, abayoboke cyangwa abizera b’amadini n’amatorero.

Bamwe mu bayobozi b’iyi miryango bavuga ko nubwo bemerako kuyobora idini cyangwa itorero ari umuhamagaro w’Imana ariko uwahamagawe akwiye no kuba afite ibisabwa byose birimo n’ubwenge .

Aya mabwiriza mashya yashyizweho na RGB arimo ko umuyobozi n’umwungirije bagomba kuba bafite impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi mu by’iyobokamana ,barize mu mashuri makuru cyangwa kaminuza , kwishyura amafaranga miliyoni 2 yaserivise adasubizwa mu gihe ashaka ubuzima gatozi , inyandiko yemeza inyubako yihariye  yogusengeramo no kuba ugiye gushinga ishami asabwa imikono 1000 y’abamushyigikiye .

Gusa n’ubwo aya mabwiriza hari abayishimiye hari n’abandi basaba ko kuri iyingingo y’amafaranga yo gusaba ubuzima gatozi yatekerezwaho maze akagabanywa bavuga ko byibura bayashyira hagati y’ibihumbi Magana tanu na miliyoni.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, Dr Uwicyeza Doris Picard  avuga ko aya mabwiriza mashya hari ibyo aje gucyemura bitagendaga neza mu mikorere y’amadini n’amatorero.

Yagize ati: “Hari abo twagiye dusanga abagiye bafata umutungo w’abantu bakawikoreshereza ibyo bashaka nkaho ari umutungo bwite, hakaba n’ibibazo by’iyezandonke, abafata umwanya n’ibitekerezo by’abaturage bagakora ibyaha birenze kuba byafungwa gato.”

Dr Uwicyeza yanenze cyane abasa nk’aho bafashe bugwate abayoboke babo ntibagire indi mirimo y’iterambere bakora bakirirwa mu nsengero ndetse n’abajyana abantu mu bisambu aho abasenga bakunze kwita mu butayu.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

Rusizi: Kiliziya Gatolika yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Ingoro y’ubumwe n’ubwiyunge

3 Min Read
Iyobokamana

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

1 Min Read
Iyobokamana

DRC: Kiliziya yacucuwe n’abajura musenyeri ategeka ko ifungwa

1 Min Read
Iyobokamana

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?