BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > Abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere bishimiye amabwiriza mashya bashyiriweho na  RGB

Abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere bishimiye amabwiriza mashya bashyiriweho na  RGB

sam
Last updated: March 11, 2025 8:24 am
sam
Share
SHARE

Abayobozi b’Imiryango ishingiye ku myemerere bavuga ko amabwiriza mashya yashyizweho n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, azaca akajagari kari muri iyi miryango katumye igera ku bihumbi 9800 ifungwa by’agateganyo

Urwego rw’imiyoborere rusobanura ko nta kwihanganira abagendana insengero mu mifuka, kubera ko hagamijwe kurengera Abanyarwanda, kuko ari nabo bakirisitu, abayoboke cyangwa abizera b’amadini n’amatorero.

Bamwe mu bayobozi b’iyi miryango bavuga ko nubwo bemerako kuyobora idini cyangwa itorero ari umuhamagaro w’Imana ariko uwahamagawe akwiye no kuba afite ibisabwa byose birimo n’ubwenge .

Aya mabwiriza mashya yashyizweho na RGB arimo ko umuyobozi n’umwungirije bagomba kuba bafite impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi mu by’iyobokamana ,barize mu mashuri makuru cyangwa kaminuza , kwishyura amafaranga miliyoni 2 yaserivise adasubizwa mu gihe ashaka ubuzima gatozi , inyandiko yemeza inyubako yihariye  yogusengeramo no kuba ugiye gushinga ishami asabwa imikono 1000 y’abamushyigikiye .

Gusa n’ubwo aya mabwiriza hari abayishimiye hari n’abandi basaba ko kuri iyingingo y’amafaranga yo gusaba ubuzima gatozi yatekerezwaho maze akagabanywa bavuga ko byibura bayashyira hagati y’ibihumbi Magana tanu na miliyoni.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, Dr Uwicyeza Doris Picard  avuga ko aya mabwiriza mashya hari ibyo aje gucyemura bitagendaga neza mu mikorere y’amadini n’amatorero.

Yagize ati: “Hari abo twagiye dusanga abagiye bafata umutungo w’abantu bakawikoreshereza ibyo bashaka nkaho ari umutungo bwite, hakaba n’ibibazo by’iyezandonke, abafata umwanya n’ibitekerezo by’abaturage bagakora ibyaha birenze kuba byafungwa gato.”

Dr Uwicyeza yanenze cyane abasa nk’aho bafashe bugwate abayoboke babo ntibagire indi mirimo y’iterambere bakora bakirirwa mu nsengero ndetse n’abajyana abantu mu bisambu aho abasenga bakunze kwita mu butayu.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

DRC: Kiliziya yacucuwe n’abajura musenyeri ategeka ko ifungwa

1 Min Read
Iyobokamana

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

1 Min Read
Iyobokamana

Ruhango: RGB yahagaritse amasengesho yaberaga ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

1 Min Read
Iyobokamana

Pastor Kabanda yamaganye abakomeje ku mwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?