BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > Nyamasheke: Batanu bashinze itorero ritemewe batawe muri yombi

Nyamasheke: Batanu bashinze itorero ritemewe batawe muri yombi

sam
Last updated: January 22, 2025 9:36 am
sam
Share
SHARE

Abantu batanu bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho kwigomeka ku buyobozi nyuma yuko bafatiwe mu rugo rw’umuyoboke mu Itorero ritemewe bise Christo w’Abera, utuye mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.

Ni ibintu bakoze mu gihe Leta igaragaza ko gusenga bigomba gukorerwa mu nsengero zujuje ibisabwa, izitabyujuje zigafungwa.

Igikorwa cyo kubereka itangazamakuru cyabereye ku Biro by’Akarere ka Nyamasheke ku wa 21 Mutarama 2025, cyitabirwa n’abarimo Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RNP, ACP Boniface Rutikanga n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse.

Abatawe muri yombi bavuga ko bari mu Idini bita Kirisitu w’Abera. Ku ikubitiro batawe muri yombi ari 20, ariko iperereza rigaragaza ko ababifitemo uruhare rutaziguye ari batanu ari na bo bafungiwe kuri Sitasiyo ya Shangi mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.

Dr. Murangira yavuze ko abo bantu batawe muri yombi ku wa 19 Mutarama 2025, nyuma y’uko amakuru agaragaza ko basengera mu rugo rw’umwe muri bo, amenyekanye.

Yavuze ko abatawe muri yombi basanzwe batumva neza gahunda za Leta kuko bafite inyigisho ziyobya abaturage zibabuza gutanga Mituweli no kwitabira izindi gahunda za Leta.

Ati “Aba bantu ntabwo batawe muri yombi bazira gusenga. Batawe muri yombi kubera ibyaha bakurikiranyweho byo kutubahiriza amategeko. RIB irasaba abantu bose kubahiriza amategeko n’amabwiriza yashyizweho ku bijyanye n’insengero. Wavuga ute ko wubaha Imana, utubaha ubuyobozi?”

Umuvugizi wa RNP, ACP Rutikanga, yagaragaje ko kugira ngo umuryango ushingiye ku myemerere wemerwe, hari ibyo ugomba kubahiriza birimo kutabangamira ubumwe bw’Abanyarwanda na gahunda za Leta no kugira aho gusengera hujuje ibisabwa.

Ati “Aba bahisemo gukora ibyabo. Bo ntibemera ko bagomba gusaba [uburenganzira], icyo bemera ni Imana gusa ngo ni yo bagomba gusaba. Ntabwo twashyigikira imyumvire nk’iyo. Bagomba kubiryozwa.”

ACP Rutikanga yaboneyeho kuburira umuntu uwo ari wese ugifite imitekerereze y’uko azajya mu masumo y’amazi, munsi y’igiti n’ahandi hantu hatemewe agamije gusenga, ko bitemewe.

Ati “Ibyo bihe byararangiye byo kwigishwa, tuzajya tubafata tubahane. Uyu munsi dufashe ab’i Nyamasheke ariko dufite n’abandi muri iyi ntara no mu zindi. Dukurikirana amakuru y’aho basengera hatemewe. Ntabwo tuzabyihanganira kuko bizana imyumvire y’ubunebwe yo kumva ko umuntu azabaho kuko yasenze gusa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse, yavuze ko mu isuzuma bakoze, basanze iri torero ryiyita Kirisitu w’Abera ritari mu matorero yemewe n’amategeko mu Rwanda.

Abatawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi, gihanwa n’amategeko y’u Rwanda. Ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

Rusizi: Kiliziya Gatolika yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Ingoro y’ubumwe n’ubwiyunge

3 Min Read
Iyobokamana

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

1 Min Read
Iyobokamana

DRC: Kiliziya yacucuwe n’abajura musenyeri ategeka ko ifungwa

1 Min Read
Iyobokamana

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?