BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Mu magambo y’Ikinyarwanda Minisitiri wo muri Togo yahaye ubutumwa Abanyarwanda

Mu magambo y’Ikinyarwanda Minisitiri wo muri Togo yahaye ubutumwa Abanyarwanda

admin
Last updated: January 27, 2023 12:39 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Togo, Robert Dussey, yanditse ubutumwa mu Kinyarwanda cyiza  agaragaza uburyo yakiriwe anashima imiyoborere ya Perezida, Paul Kagame ndetse agenera ubutumwa Abanyarwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Togo, Robert Dussey

Kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, nibwo ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Togo, Robert Dussey, wamugejejeho ubutumwa bwa Perezida Faure Gnassingbé.

Nyuma yo kwakirwa na Perezida wa Repubuka, Paul Kagame, yagiye kuri Twitter, agaragaza imbamutima ze.

Minisitiri Robert Dussey yagize ati “Banyarwanda, mukomeze mukunde igihugu cyanyu ndetse n’Abayobozi banyu.

Ndashimira Perezida Paul Kagame ku buyobozi bwe bwiza bw’intangarugero kandi ndashimira umuvandimwe Minisitiri Dr Vincent Biruta kunyakira neza.”

Nyuma y’umwaka umwe, ubu ngarutse mu Rwanda. Ndashimira abanyarwanda kubera kugaragaza kwitanga, cyane cyane uburyo baharanira ko umujyi wa Kigali usa neza. Muri intangarugero muri Afurika, ndabanezerewe. #Rwanda @UrugwiroVillage @RwandaMFA @LMushikiwabo pic.twitter.com/5BVWITToMM

— Robert Dussey (@rdussey) January 26, 2023

Yifashishije amafoto agaragaza gare iri mu Mujyi wa Kigali ndetse n’ibiti bitoshye yagaragaje ko Kigali ari umwe mu Mijyi myiza muri Afurika.

Yagize ati “Nyuma y’umwaka umwe, ubu ngarutse mu Rwanda. Ndashimira Abanyarwanda kubera kugaragaza kwitanga, cyane cyane uburyo baharanira ko umujyi wa Kigali usa neza. Muri intangarugero muri Afurika, ndabanezerewe.”

U Rwanda na Togo bibanye neza ndetse mu mwaka wa 2018, ibihugu byombi byagiranye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingendo zo mu Kirere .

Ky ruhande rw’uRwanda yashyizweho umukono n’uwahoze ari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo,Uwihanganye Jean de Dieu.

Ni mu gihe Togo yasinywe na Minisitiri w’ibikorwaremezo n’ubwikorezi Gnofam Ninsao.

Ku wa Kane Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Togo, Robert Dussey
Robert Dussey yari azaniye Perezida Kagame ubutumwa bwa mugenzi we
Robert Dussey yanabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
Politike

Qatar yahigiye kwihorera ku gitero Isiraheli yabagabyeho i Doha bidatinze

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?