BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Biruta asaba Abakoloni kuza gutanga umuti w’ibibazo bateje hagati y’u Rwanda na Congo

Biruta asaba Abakoloni kuza gutanga umuti w’ibibazo bateje hagati y’u Rwanda na Congo

admin
Last updated: January 27, 2023 9:10 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta yatangaje ko abakoloni bagize uruhare mu gukqta imipaka ihuza ibihugu by’Akarere ariryo zingiro ry’umutekano mucye muri Congo, bityo ko ari bo  bakwiye kubisobanura aho kubyikoreza u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta ubwo yasobanuraga ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo

Ibi yabitangaje kuri uyu uyu wa Kane tariki ya 26 Mutarama, 2023 ubwo yasobanuriraga Inteko Rusange y’Abadepite uko umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere wifashe.

Dr Vincent Biruta yabanje kugaruka ku mubano w’ibihugu nka Uganda, u Burundi, Tanzania, Kenya na Sudani y’Epfo, byose agaragaza ko wifashe neza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane yatinze cyane kuri Repubuka Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragara ko ubu umubano wifashe nabi.

Yasobanuye imvo n’imvano y’Umutekano mucye muri Congo, uza ugakora ku Rwanda, agaragaza ko imitwe ihakorera irimo FDLR n’indi ariyo ikunze kugarukwaho cyane mu yihungabanya umutekano.

Yagize ati “Mu mateka yacu habayeho ubukoloni. Ubukoloni bwazanye n’imipaka, bayishyira aho bashaka bituma hari Abanyarwanda basigaye hanze y’u Rwanda, hanze y’imipaka yashyizweho n’Abakoloni. Hari uduce twari utw’u Rwanda ubu tubarizwa muri Kivu zombi twegetswe kuri Congo.”

Avuga ko kandi ko hari abandi Banyarwanda bagiye muri Congo bagiye ku gahato cyangwa babitewe n’ubuhunzi.

Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga asobanura ko mu gihe u Rwanda rwahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, Interahamwe za EX-FAR zari zahungiye muri Congo, zagezeyo zitangira gukora imyitozo ya gisirikare mu nkambi zari zicumbikiyemo, ndetse u Rwanda rurabigaragaza nk’ibiteje ikibazo.

Yavuze ko impunzi z’abanye-Congo  b’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda batangiye kwicwa bamwe bahungira mu Rwanda.

Avuga ko kubera gutotezwa kw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, havutse umutwe wirwanaho ari nabwo CNDP wavutse nyuma waje kuvukamo uwa M23, u Rwanda rushinjwa gutera inkunga.

Dr Biruta yavuze ko Congo ikwiye gukemura ikibazo aho gukomeza kwitwaza u Rwanda.

Ati “Bavuga iyo baje baturuka bakavuga u Rwanda, nyamara bigaragara ko u Rwanda abahungiyeyo bari bagihari. Ni uko umubano watangiye gusubira inyuma kugeza aho bigeze uyu mwanya.”

Dr Vincent Biruta yavuze ko u Rwanda rutaryozwa amateka ko ahubwo abakase imipaka ari bo bakwiye kubisobanura.

Yagize ati “Niba hari uwari ufite ibyo asubiza muri ibi bibazo, abambere bari bakwiye kuba abagize uruhare mu gukata iriya mipaka.

Abagize uruhare mu kujyana Abanyarwanda gukora muri Congo. Abakoze ibyo uyu munsi bagombye kuba bafite ibyo basobanura cyangwa se nibura bavuga bati hari amakosa twakoze yagize ingaruka mu mateka mu bihugu.”

Yakomeje ati “Abo bose bagiye hariya, bazi ikigombwa gukorwa, baravuga u Rwanda, u Rwanda, ahubwo barihe ko na bo bakagombye kuba babazwa ingaruka z’ibyo bakoze muri aka Karere, ariko uyu munsi ugasanga bari mu bantu batanga amasomo, bareba abanyabyaha.”

Umubano wa Congo n’u Rwanda uko bwije n’uko bucyeye urarushaho kuba mubi nubwo hakomeje gushakishwa icyatuma ujya mu buryo.

“Uko bazaza niko bazakirwa”, Minisitiri Biruta avuga igihe Congo yatera u Rwanda

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rugiye kuyobora CEEAC

Guinea Equatorial hateraniye inama y’abakuru b’ibihugu b’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika…

Rusizi: Yatawe muri yombi nyuma yo gushikuza umukobwa agakapu karimo telefone

Umugabo witwa Ntihinyurwa Alexis w'imyaka 33 afungiye kuri ya sitasiyo ya RIB…

Nyanza: Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi akekwaho gufata ku ngufu umugore urwaye

Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gufata…

Minisitiri Mutamba yongeye kwitaba Ubushinjacyaha bumuhata ibibazo

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yamaze amasaha…

Leta ya RDC yarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere baganiriye na AFC/M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere ka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

2 Min Read
Politike

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

2 Min Read
Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?