BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > “Uko bazaza niko bazakirwa”, Minisitiri Biruta avuga igihe Congo yatera u Rwanda

“Uko bazaza niko bazakirwa”, Minisitiri Biruta avuga igihe Congo yatera u Rwanda

admin
Last updated: January 26, 2023 7:38 pm
admin
Share
SHARE

*Fazil Harerimana “ngo yari kwishima iyo indege ya Congo iraswa ikagwa hasi”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yabwiye Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite uko umubano w’u Rwanda n’amahanga uhagaze, akaba yavuze ko kuri Congo Kinshasa utameze neza.

Minisitiri Biruta avuga ko amagambo ari mu itangazo rya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo riheruka gusohoka yerekana ko icyo gihugu gishaka intambara

Mu biganiro byamaze umwanya, ndetse Abadepite bamwe bagatanga ibitekerezo uko babona ibintu, abandi bakabaza ibibazo, Minisitiri Biruta yavuze ko Congo itagaragaza ubushake bwo kurangiza ikibazo cy’umutekano muke. Yavuze imizi yacyo ko ifitanye isano n’Abakoloni b’Ababiligi.

Visi Perezida w’Inteko ishinga Amategeko, Hon Mussa Fazil Harerimana yagaragaje ko ashyigikiye uko u Rwanda ruri kwitwara mu kibazo cya Congo, gusa ngo yababajwe no kuba indege ya Congo iheruka guhabwa ubutumwa ubwo yavogeraga ikirere cy’u Rwanda, itahanuwe ngo ijye ku butaka.

Yagize ati “Ubwo ndi gushimira nagira ngo nanashimire ubuyobozi bw’igihugu cyacu ku micungire myiza bafite kuri iki kibazo umuturanyi mubi aduteye.

Ariko na none nshimire by’umwihariko ingabo z’igihugu cyacu, RDF, kuko ndibuka ko tukiri abana batwigisha ubutwari no kutihanganira ikibi, hari igihe batwerekaga umurongo, bagaca umurongo ngo iyi ni rengarenga, ugashyiraho uwakabiri ngo iyi ni renga nkumene.

Ubwo rero ubwo barenze uwo wa kabiri bagakora agakorwa, ko kumena, nubwo jyewe kanshimishize ariko si cyane kuko nifuzaga ko bakora ibirenzeho, kikagwa aho ngaho tukababwira ngo twakimenaguye rwose. Narishimye ariko ndavuga ngo ni ya rengarenga ya mbere, ariko iya kabiri izaba renga nkumene.”

Ubwo Minisitiri Biruta yari mu ntko ishinga Amategeko

Hon Mussa Fazil Harerimana yavuze ko hakwiye kujyaho Komisiyo yo gucukumbura niba mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ingabo za Zaire (ni Congo ya none), niba nta sano bifitanye n’ingengabitekerezo iriho ubu muri Congo, yo kwanga Abanyarwanda by’ “umwihariko Abatutsi”.

Yavuze ko hari benshi mu bayobozi ba FDLR bagiye bapfira ku rugamba ku butaka bwa Congo, ndetse n’abafatwa, akibaza niba Congo ivuga ko ari abo u Rwanda rufata rugatereka aho.

Ku kibazo cy’Umudepite wabajije Minisitiri Vincent Biruta, kugira icyo avuga ku kuba Congo ivuga ko izahora ku ndege yayo yangiritse nyuma yo kuraswaho, Biruta yavuze ko “u Rwanda rutegereje.”

Ati “Kuvuga ko bagiye kwihorera, ibyo bavuze hashize iminsi, turategereje. Abavuga ko bagiye kuza bakagera i Kigali, bakagira bate, ibyo tuzabireba, nibaza bazakirwa uko bazaba baje.”

Umubano w’u Rwanda na Congo uri ku rwego rwa nyuma rwo hasi, Congo yirukanye Ambasaderi w’u Rwanda ku butaka bwayo, Vincent Karega ishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23.

U Rwanda rushinja Congo gufasha umutwe w’iterabwoba wa FDLR ruvuga ko ugizwe n’abakoze Jenoside mu Rwanda, gushyira abacanshuro hafi y’ubutaka bwarwo, kuruharabika mu mahanga, no guhohotera no kwica Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Amahanga akomeje gukomakoma ngo iki kibazo kitazagera kure, aho hari ibiganiro by’i Luanda muri Angola n’i Nairobi bigamije gushaka umuti kuri iki kibazo, ariko u Rwanda rushinja Congo kuvunira ibiti mu matwi ku myanzuro iba yafashwe ntiyubahirizwe.

“Ingamba zafashwe”, RDF yarashe ku ndege y’intambara ya Congo (Video)

Abadepite bagaragaje ko Inteko ikwiye gusohora itangazo rygana ibikorwa bikorerwa “Abatutsi” muri Congo

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: Biruta asaba Abakoloni kuza gutanga umuti w’ibibazo bateje hagati y’u Rwanda na Congo – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko Rukuru rwimuriye urubanza rwa Ingabire n’abayoboke b’ishyaka rye muri Nzeri 2025

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwasubitse iburanisha ry’urubanza ruregwamo abari abayoboke b’ishyaka rya…

Meteo Rwanda yasobanuye icyateye imvura n’ubukonje muri iyi mpeshyi

Meteo Rwanda yatangaje ko imvura yaguye mu mpeshyi Kandi bidasanzwe, yatewe n’itsinda…

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

Ubwegure butunguranye bwa Visi-Perezida w’u Buhinde wari unayoboye Inteko Ishinga Amategeko umutwe…

Nyarugenge: Umugore yaguwe gitumo na Polisi afite ibiro bibiri by’urumogi

Kuri uyu wa  22 Nyakanga 2025, Polisi ifatanije n’abaturage yafashe umugore witwa…

Umugore yakanze imyanya y’ibanga y’umugabo we kugeza ivuyemo amaraso

Umugore w’imyaka 57 wo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?