BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Hashyizwe ibigega bifata amazi ku ishuri ryasenyeraga abaturage

Ruhango: Hashyizwe ibigega bifata amazi ku ishuri ryasenyeraga abaturage

admin
Last updated: January 8, 2023 8:19 am
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko bwahaye ishuri ribanza rya Kirengeli ikigega gifata amazi ava ku bisenge gifite ubushobozi bwa Metero kibe 500.

Ubuyobozi bw’Akarere bwashyize ikigega gifata amazi ava ku bisenge by’ishuri.

Mu cyumweru gishize, bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Nyabizenga mu Kagari ka Kirengeli  babwiye UMUSEKE ko babangamiwe n’amazi y’imvura aturuka ku bisenge by’Ishuri  ribanza rya Kirengeli.

Abo baturage bavugaga ko aho  yo mazi y’imvura ava ku bisenge, aca amaze kuhacukura umukoki muremure ku buryo hari n’abaturage bamaze kuwugwamo.

Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi mu Karere ka Ruhango Mugabe Aimable avuga ko bamaze gutereka ikigega gifite m3 500 bakaba batangiye no gucukura ibyobo binini bizajya bifata amazi yasagutse muri icyo kigega.

Yagize ati “Ikigega cya mbere twarangije kugishyiraho ubu turimo gucukura ibyobo bifata amazi ikigega gishobora kumena hasi.”

Mugabe yavuze ko hari ikindi kigega cya 2 bagiye guha iri Shuri mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amazi y’ibisenge yangirizaga abaturiye iri Shuri.

Mugabe yavuze ko ari umuhigo biyemeje kwesa no mu bindi bigo by’amashuri bifite iki kibazo cy’amazi ava ku bisenge akabangamira abaturage ndetse n’imirima yabo.

Bamwe mu baturage bari babangamiwe n’ayo mazi y’imvura yavaga ku bisenge by’ishuri,  babwiye Umunyamakuru ko ibigega Akarere kaje gushyira ku ishuri babibonye ndetse bakaba bafashije ababizanye kubitereka ku ishuri.

Umwe yagize ati “Babizanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu nitwe bahaye imirimo yo gucukura aho kizajya ndetse n’ibyobo bifata amazi yasagutse.”

Umuyobozi w’Ishami ryUburezi muri aka Karere ka Ruhango Mugabe Aimable avuga ko hari ibigega 50 bateganya kugura bazashyira mu mashuri atandukanye ari hirya no hino muri aka Karere  muri iki gihembwe.

Ku bijyanye n’uyu mukoki amazi yateje, Umuyobozi  w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens  yavuze ko bazafatanya n’abaturage mu muganda w’ukwezi kugira ngo bawusibe.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW mu Ruhango
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Anonymous says:
    January 8, 2023 at 7:48 pm

    Metro cube zingahe!!!? 500!!?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?