BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Hashyizwe ibigega bifata amazi ku ishuri ryasenyeraga abaturage

Ruhango: Hashyizwe ibigega bifata amazi ku ishuri ryasenyeraga abaturage

admin
Last updated: January 8, 2023 8:19 am
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko bwahaye ishuri ribanza rya Kirengeli ikigega gifata amazi ava ku bisenge gifite ubushobozi bwa Metero kibe 500.

Ubuyobozi bw’Akarere bwashyize ikigega gifata amazi ava ku bisenge by’ishuri.

Mu cyumweru gishize, bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Nyabizenga mu Kagari ka Kirengeli  babwiye UMUSEKE ko babangamiwe n’amazi y’imvura aturuka ku bisenge by’Ishuri  ribanza rya Kirengeli.

Abo baturage bavugaga ko aho  yo mazi y’imvura ava ku bisenge, aca amaze kuhacukura umukoki muremure ku buryo hari n’abaturage bamaze kuwugwamo.

Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi mu Karere ka Ruhango Mugabe Aimable avuga ko bamaze gutereka ikigega gifite m3 500 bakaba batangiye no gucukura ibyobo binini bizajya bifata amazi yasagutse muri icyo kigega.

Yagize ati “Ikigega cya mbere twarangije kugishyiraho ubu turimo gucukura ibyobo bifata amazi ikigega gishobora kumena hasi.”

Mugabe yavuze ko hari ikindi kigega cya 2 bagiye guha iri Shuri mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amazi y’ibisenge yangirizaga abaturiye iri Shuri.

Mugabe yavuze ko ari umuhigo biyemeje kwesa no mu bindi bigo by’amashuri bifite iki kibazo cy’amazi ava ku bisenge akabangamira abaturage ndetse n’imirima yabo.

Bamwe mu baturage bari babangamiwe n’ayo mazi y’imvura yavaga ku bisenge by’ishuri,  babwiye Umunyamakuru ko ibigega Akarere kaje gushyira ku ishuri babibonye ndetse bakaba bafashije ababizanye kubitereka ku ishuri.

Umwe yagize ati “Babizanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu nitwe bahaye imirimo yo gucukura aho kizajya ndetse n’ibyobo bifata amazi yasagutse.”

Umuyobozi w’Ishami ryUburezi muri aka Karere ka Ruhango Mugabe Aimable avuga ko hari ibigega 50 bateganya kugura bazashyira mu mashuri atandukanye ari hirya no hino muri aka Karere  muri iki gihembwe.

Ku bijyanye n’uyu mukoki amazi yateje, Umuyobozi  w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens  yavuze ko bazafatanya n’abaturage mu muganda w’ukwezi kugira ngo bawusibe.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW mu Ruhango
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Anonymous says:
    January 8, 2023 at 7:48 pm

    Metro cube zingahe!!!? 500!!?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?