BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ndayishimiye arya ibyo yejeje, iby’ibiciro ku isoko ntubimubaze

Ndayishimiye arya ibyo yejeje, iby’ibiciro ku isoko ntubimubaze

admin
Last updated: January 5, 2023 9:02 am
admin
Share
SHARE

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye, ashinja abaturage b’igihugu cye kurya umusaruro wose ntibahunike, bikabakururira mu nzara n’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko bikomeje kuba ndanze mu Burundi.

Perezida Ndayishimiye asanzwe akora umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi

Perezida Ndayishimiye avuga ko umusaruro akura mu buhinzi bwe awucunga neza bikamufasha kubona ibyo arya n’umuryango we no guteganyiriza ejo hazaza, bikamurinda kwirirwa arira ngo arashonje.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abaturage bo mu Ntara ya Kirundo mu mpera za Ukuboza 2022 yabashinje kwimakaza ubukene mu miryango yabo no guteza akaga k’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko.

Perezida Ndayishimiye avuga ko aba baturage beza imyaka bagahita bayigurisha kuri macye mu gihe gito bakayigura ibahenze.

Yongeraho ko biteye agahinda kuba mu Burundi iminwa ishaka kurya iruta ishaka gukora ibikorwa by’iterambere.

Ati “Njyewe wibaza ko ari ryari menya ko ibiciro bihenze ku isoko? ko nsarura iwanjye, none mwese hari n’umwe adafite aho avuka, yahinga iwe ?…. ngo muzarindira kujya ku isoko.”

Avuga ko kongera umusaruro no kwirinda kuwusesagura ariwo muti urambye uzakemura ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ry’ugarije u Burundi.

Ati” Ibaze nk’umuntu ufata agashora ibishyimbo bye byose uno munsi agahita ajya kubigura, wari uzi ko uzabibona ku biciro bingana gute ?”

Umukuru w’igihugu agaruka ku kaga kagwiriye u Burundi mu bihe bitandukanye aho bamwe bagifite imyumvire ya “bucya mpunga” bakitwaza imvugo zipfuye zirimo “iby’ejo bibara ab’ejo, amaraso y’umugabo namuraye mu mu nda.”

Ati “Ubu mumenye ko tuzabaho imyaka ijana, duteganirize imyaka ijana. Ibiciro bigirwa n’umusaruro.”

Avuga ko mu mpeshyi umwaka ushize u Burundi bwahombye 40% by’umusaruro n’uwabonetse barwana urugamba rwo kutawushora mu bihugu birimo u Rwanda.

Abahanga mu by’ubukungu bavuga ko izamuka ry’ibiciro ku isoko biterwa n’ibintu biba biri mu gihugu, iyo ari byinshi ibiciro biramanuka, byaba bicye ibiciro bikazamuka, iryo akaba ari itegeko ry’isoko.

Ikindi ngo Perezida Ndayishimiye atakwirengagiza ni uko u Burundi buhanganye n’ikibazo cy’ifaranga ryabwo ryataye agaciro ku isoko.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Bikindi says:
    January 5, 2023 at 3:40 pm

    Hhhhhh,ni Sebahinzi kbs,ni byiza rwose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?