BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abagore bo mu Rwanda bagiye gufashwa guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

Abagore bo mu Rwanda bagiye gufashwa guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

admin
Last updated: December 13, 2022 11:36 am
admin
Share
SHARE

Umuryango Nyarwanda w’Isangano ry’Abagore baharanira Amajyambere y’Icyaro ugaragaza ko abagore basigajwe inyuma mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije kandi akaba ari nabo bagirwaho ingaruka ahanini z’imihindagurikire y’ibihe kurusha abagabo.

Reseau des Femmes igaragaza ko uruhare rw’umugore mu kurengera ibidukikije ari ingenzi

Mu biganiro byabereye mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa 12 Ukuboza 2022 byahuje umuryango wa Réseau des Femmes n’abaterankunga batandukanye hagaragajwe igenamigambi ry’umushinga wa ECC-Gender (Environment and Climate Change Gender ) uzamara imyaka itanu mu gufasha abagore kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Ni umushinga ugamije kwinjiza abagore by’umwihariko abo mu cyaro mu buryo bwo gukora imirimo yabo ya buri munsi ariko batangiza ibidukikije.

Hagaragajwe ko abagore aribo bagirwaho ingaruka zikomeye n’imihindagurikire y’ibihe kurusha abagabo bakaba na bamwe mu bagira uruhare mu guteza ihindagurika ry’ibihe, binyuze mu mirimo yabo irimo gushaka inkwi n’ibindi.

Madamu Uwimana Xaverine umuyobozi wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural yabwiye UMUSEKE ko uyu mushinga uzagera ku bagore benshi mu Rwanda.

Ati ” Cyane cyane abagore bo mu cyaro bakora ya mirimo myinshi idahemberwa, ya mirimo y’ubuhinzi kugira bwa buhinzi bwabo ibyo bahinze byo kujya byangirika ngo izuba ryavuye, imvura yabaye nyinshi.”

Avuga ko ibidukikije biri mu bizana umusaruro uteza imbere umugore, ashishikariza umugore wese kugira uruhare mu kubibungabunga no kubirinda.

Ati ” Bagomba gushyirirwaho gahunda no kwigishwa uburyo bwo gukora imirimo yabo batangiza ibidukikije.”

Olive Ingabire Zimurinda umuyobozi mukuru w’umuryango CECI Rwanda ukora mu bijyanye n’iterambere ry’abaturage, avuga ko buri wese akwiye kugira uruhare mu gufasha umugore mu kurengera ibidukikije.

Ati ” Twareba ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ugasanga zigera ku bagore cyane, akaba ariyo mpamvu dufatanya n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo na Reseau de Femmes kugira ngo babashe gushyigikira umugore guhangana n’izo ngaruka ziba zamubayeho.”

Byitezwe ko uwo mushinga uzafasha mu kurwanya isuri haterwa ibiti, guca imirwanyasuri, gutanga imbabura zirondereza ibicanwa, kwigisha abagore gukora ifumbire y’imborera, kuvugurura no gutera amashamba.

Uwimana Xaverine, Umuyobozi wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural
Olive Ingabire Zimurinda umuyobozi mukuru w’umuryango CECI Rwanda

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Umurungi Alice says:
    December 13, 2022 at 6:46 pm

    “Abagore” mu Rwanda bagenda bashyirwa mu manga yuko bisa n’aho ibyo bahabwa cyanga bageraho atari ku bwabo ahubwo ari uko ari abagore! Ni agasuzuguro!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?