BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abagore bo mu Rwanda bagiye gufashwa guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

Abagore bo mu Rwanda bagiye gufashwa guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

admin
Last updated: December 13, 2022 11:36 am
admin
Share
SHARE

Umuryango Nyarwanda w’Isangano ry’Abagore baharanira Amajyambere y’Icyaro ugaragaza ko abagore basigajwe inyuma mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije kandi akaba ari nabo bagirwaho ingaruka ahanini z’imihindagurikire y’ibihe kurusha abagabo.

Reseau des Femmes igaragaza ko uruhare rw’umugore mu kurengera ibidukikije ari ingenzi

Mu biganiro byabereye mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa 12 Ukuboza 2022 byahuje umuryango wa Réseau des Femmes n’abaterankunga batandukanye hagaragajwe igenamigambi ry’umushinga wa ECC-Gender (Environment and Climate Change Gender ) uzamara imyaka itanu mu gufasha abagore kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Ni umushinga ugamije kwinjiza abagore by’umwihariko abo mu cyaro mu buryo bwo gukora imirimo yabo ya buri munsi ariko batangiza ibidukikije.

Hagaragajwe ko abagore aribo bagirwaho ingaruka zikomeye n’imihindagurikire y’ibihe kurusha abagabo bakaba na bamwe mu bagira uruhare mu guteza ihindagurika ry’ibihe, binyuze mu mirimo yabo irimo gushaka inkwi n’ibindi.

Madamu Uwimana Xaverine umuyobozi wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural yabwiye UMUSEKE ko uyu mushinga uzagera ku bagore benshi mu Rwanda.

Ati ” Cyane cyane abagore bo mu cyaro bakora ya mirimo myinshi idahemberwa, ya mirimo y’ubuhinzi kugira bwa buhinzi bwabo ibyo bahinze byo kujya byangirika ngo izuba ryavuye, imvura yabaye nyinshi.”

Avuga ko ibidukikije biri mu bizana umusaruro uteza imbere umugore, ashishikariza umugore wese kugira uruhare mu kubibungabunga no kubirinda.

Ati ” Bagomba gushyirirwaho gahunda no kwigishwa uburyo bwo gukora imirimo yabo batangiza ibidukikije.”

Olive Ingabire Zimurinda umuyobozi mukuru w’umuryango CECI Rwanda ukora mu bijyanye n’iterambere ry’abaturage, avuga ko buri wese akwiye kugira uruhare mu gufasha umugore mu kurengera ibidukikije.

Ati ” Twareba ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ugasanga zigera ku bagore cyane, akaba ariyo mpamvu dufatanya n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo na Reseau de Femmes kugira ngo babashe gushyigikira umugore guhangana n’izo ngaruka ziba zamubayeho.”

Byitezwe ko uwo mushinga uzafasha mu kurwanya isuri haterwa ibiti, guca imirwanyasuri, gutanga imbabura zirondereza ibicanwa, kwigisha abagore gukora ifumbire y’imborera, kuvugurura no gutera amashamba.

Uwimana Xaverine, Umuyobozi wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural
Olive Ingabire Zimurinda umuyobozi mukuru w’umuryango CECI Rwanda

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Umurungi Alice says:
    December 13, 2022 at 6:46 pm

    “Abagore” mu Rwanda bagenda bashyirwa mu manga yuko bisa n’aho ibyo bahabwa cyanga bageraho atari ku bwabo ahubwo ari uko ari abagore! Ni agasuzuguro!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?