BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abagore bo mu Rwanda bagiye gufashwa guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

Abagore bo mu Rwanda bagiye gufashwa guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

admin
Last updated: December 13, 2022 11:36 am
admin
Share
SHARE

Umuryango Nyarwanda w’Isangano ry’Abagore baharanira Amajyambere y’Icyaro ugaragaza ko abagore basigajwe inyuma mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije kandi akaba ari nabo bagirwaho ingaruka ahanini z’imihindagurikire y’ibihe kurusha abagabo.

Reseau des Femmes igaragaza ko uruhare rw’umugore mu kurengera ibidukikije ari ingenzi

Mu biganiro byabereye mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa 12 Ukuboza 2022 byahuje umuryango wa Réseau des Femmes n’abaterankunga batandukanye hagaragajwe igenamigambi ry’umushinga wa ECC-Gender (Environment and Climate Change Gender ) uzamara imyaka itanu mu gufasha abagore kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Ni umushinga ugamije kwinjiza abagore by’umwihariko abo mu cyaro mu buryo bwo gukora imirimo yabo ya buri munsi ariko batangiza ibidukikije.

Hagaragajwe ko abagore aribo bagirwaho ingaruka zikomeye n’imihindagurikire y’ibihe kurusha abagabo bakaba na bamwe mu bagira uruhare mu guteza ihindagurika ry’ibihe, binyuze mu mirimo yabo irimo gushaka inkwi n’ibindi.

Madamu Uwimana Xaverine umuyobozi wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural yabwiye UMUSEKE ko uyu mushinga uzagera ku bagore benshi mu Rwanda.

Ati ” Cyane cyane abagore bo mu cyaro bakora ya mirimo myinshi idahemberwa, ya mirimo y’ubuhinzi kugira bwa buhinzi bwabo ibyo bahinze byo kujya byangirika ngo izuba ryavuye, imvura yabaye nyinshi.”

Avuga ko ibidukikije biri mu bizana umusaruro uteza imbere umugore, ashishikariza umugore wese kugira uruhare mu kubibungabunga no kubirinda.

Ati ” Bagomba gushyirirwaho gahunda no kwigishwa uburyo bwo gukora imirimo yabo batangiza ibidukikije.”

Olive Ingabire Zimurinda umuyobozi mukuru w’umuryango CECI Rwanda ukora mu bijyanye n’iterambere ry’abaturage, avuga ko buri wese akwiye kugira uruhare mu gufasha umugore mu kurengera ibidukikije.

Ati ” Twareba ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ugasanga zigera ku bagore cyane, akaba ariyo mpamvu dufatanya n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo na Reseau de Femmes kugira ngo babashe gushyigikira umugore guhangana n’izo ngaruka ziba zamubayeho.”

Byitezwe ko uwo mushinga uzafasha mu kurwanya isuri haterwa ibiti, guca imirwanyasuri, gutanga imbabura zirondereza ibicanwa, kwigisha abagore gukora ifumbire y’imborera, kuvugurura no gutera amashamba.

Uwimana Xaverine, Umuyobozi wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural
Olive Ingabire Zimurinda umuyobozi mukuru w’umuryango CECI Rwanda

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Umurungi Alice says:
    December 13, 2022 at 6:46 pm

    “Abagore” mu Rwanda bagenda bashyirwa mu manga yuko bisa n’aho ibyo bahabwa cyanga bageraho atari ku bwabo ahubwo ari uko ari abagore! Ni agasuzuguro!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?