BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Bahangayikishijwe n’ubujura bwibasira amatungo

Musanze: Bahangayikishijwe n’ubujura bwibasira amatungo

admin
Last updated: December 13, 2022 9:08 am
admin
Share
SHARE

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Buruba mu Murenge wa Cyuve,AKarere ka Musanze,bahangayikishijwe n’ubujura bwibasira amatungo arimo  inka, bukorwa mu mayeri ahambaye. 

Akarere ka Musanze karavugwamo ubujura bw’inka

Abavuganye na Radio/TV1, bavuze ko muri uwo Murenge  bamwe bafashe icyemezo cyo kujya bararana hanze n’amatungo mu rwego rwo kuyacungira umutekano.

Aba bavuga ko abajura biba amatungo bakajya kuyagurisha mu tundi turere duhana imbibe n’aka Musanze.

Umwe yagize ati “Habaye ninjoro bankingirana mu nzu, umuhungu wanjye akinguye idirishya,arambwira ngo inka yanjye barayijyanye.Ntabwo wamenya uko babigenza, niba ari ibintu bajugunya hejuru .Yari inka naguze ibihumbi 300Frw, yari itarabyara ishaka kwima.”

Undi nawe yagize ati “KUba ufite inka, ukayiragira ikakuvuna wajya kureba mu gitondo ugasanga barayitwaye n’ikindi kibazo.”Rwose baratuzonze ,sinzi icyo baba barisize,iyo baje barazitura ntutere amahane ,nubwo inka yaba yica ntabwo yamwica.”

Akomeza agira ati “Ubu twahise kujya turarana nazo hanze “

Aba baturage barasaba ubuyobozi ko  bwarwanya ubu bujura kandi ababufatiwemo bagahanwa kuko nibidakorwa bo bazajya bihanira.

Umwe yagize ati “Icyakorwa ni uko ibisambo byafatanywe inka, bigomba gufungwa, bagakatirwa.”

Undi nawe yagize ati “Njye ndi kumva uwajya wiba inka , bajya bamukanira urumukwiye.None turabafata , nabo irondo rifashe, barabajyana, bugacya bagaruka.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze,Ramuli Janvier,yavuze ko iki kibazo bari guhangana na cyo , gusa ko cyitarahangayikisha.

Yagize ati “Ntabwo twavuga ko ari ikibazo cyakwiriye hose,bishobora kuba ari rimwe mu cyumweru, rimwe mu kwezi wenda habaho aho umuturage yibwe inka ariko ntabwo twavuga ko byacitse.”

Aba baturage bavuga ko badashobora guhangana n’abiba inka kuko baba bitwaje intwaro bagasaba izindi nzego z’umutekano guhangana nabo.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?