BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Bahangayikishijwe n’ubujura bwibasira amatungo

Musanze: Bahangayikishijwe n’ubujura bwibasira amatungo

admin
Last updated: December 13, 2022 9:08 am
admin
Share
SHARE

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Buruba mu Murenge wa Cyuve,AKarere ka Musanze,bahangayikishijwe n’ubujura bwibasira amatungo arimo  inka, bukorwa mu mayeri ahambaye. 

Akarere ka Musanze karavugwamo ubujura bw’inka

Abavuganye na Radio/TV1, bavuze ko muri uwo Murenge  bamwe bafashe icyemezo cyo kujya bararana hanze n’amatungo mu rwego rwo kuyacungira umutekano.

Aba bavuga ko abajura biba amatungo bakajya kuyagurisha mu tundi turere duhana imbibe n’aka Musanze.

Umwe yagize ati “Habaye ninjoro bankingirana mu nzu, umuhungu wanjye akinguye idirishya,arambwira ngo inka yanjye barayijyanye.Ntabwo wamenya uko babigenza, niba ari ibintu bajugunya hejuru .Yari inka naguze ibihumbi 300Frw, yari itarabyara ishaka kwima.”

Undi nawe yagize ati “KUba ufite inka, ukayiragira ikakuvuna wajya kureba mu gitondo ugasanga barayitwaye n’ikindi kibazo.”Rwose baratuzonze ,sinzi icyo baba barisize,iyo baje barazitura ntutere amahane ,nubwo inka yaba yica ntabwo yamwica.”

Akomeza agira ati “Ubu twahise kujya turarana nazo hanze “

Aba baturage barasaba ubuyobozi ko  bwarwanya ubu bujura kandi ababufatiwemo bagahanwa kuko nibidakorwa bo bazajya bihanira.

Umwe yagize ati “Icyakorwa ni uko ibisambo byafatanywe inka, bigomba gufungwa, bagakatirwa.”

Undi nawe yagize ati “Njye ndi kumva uwajya wiba inka , bajya bamukanira urumukwiye.None turabafata , nabo irondo rifashe, barabajyana, bugacya bagaruka.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze,Ramuli Janvier,yavuze ko iki kibazo bari guhangana na cyo , gusa ko cyitarahangayikisha.

Yagize ati “Ntabwo twavuga ko ari ikibazo cyakwiriye hose,bishobora kuba ari rimwe mu cyumweru, rimwe mu kwezi wenda habaho aho umuturage yibwe inka ariko ntabwo twavuga ko byacitse.”

Aba baturage bavuga ko badashobora guhangana n’abiba inka kuko baba bitwaje intwaro bagasaba izindi nzego z’umutekano guhangana nabo.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?