BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Marina na Yvan Muziki bategerejwe mu gitaramo i Dubai  

Marina na Yvan Muziki bategerejwe mu gitaramo i Dubai  

admin
Last updated: November 28, 2022 9:15 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi nyarwanda Marina Deborah agiye gutaramira bwa mbere muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Mujyi wa Dubai.

Integuza y’igitaramo cya Marina na Yvan Muziki i Dubai

Ni igitaramo giteganyijwe kuba kuwa 3 Ukuboza 2022, aho azahurira ku rubyiniro n’Umurundi Yvan Muziki mu gitaramo kiswe Kidezember Concert.

Abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga nka Instagram, Marina yavuze ko azaba ari igitaramo cy’akataraboneka ndetse ko bazatanga ibyishimo afatanyije na Yvan Muziki, ati “Igitaramo cyanjye cya mbere i Dubai hazashya.”

Iki gitaramo cyiswe Kidezember Concert, kizabera ahitwa Lotus kuri Grand Hotel mu mujyi wa Dubai.

Marina ni umwe mu bahanzikazi nyarwanda bahagaze neza, aheruka gushyira hanze indirimbo Ok ari kumwe na Li John. Kuri ubu akaba akorera ibikorwa bye bya muzika muri The Mane, yakoze indirimbo zinyuranye zakunzwe nka Shawe, Brigade, Byarara Bibaye, Log Out, Decision n’izindi.

Yvan Muziki ni umuhanzi w’Umurundi uri mu bagezweho muri EAC no hanze yayo, yakoranye indirimo n’abahanzi banyuranye hano mu Rwanda nka Urban Boys “Nkumbuye Cherie”, Byabihe yakoranye na Auncle Austin, yakoranye kandi na Bruce Melody na Bushali.

Afitanye kandi indirimbo na Marina ndetse na Masamba mu gihe umuhanzi nyarwanda baheruka gukorana ari Dj Pius, bakoranye iyitwa “Nyash”.

Yvan Muziki na Marina bigize kuvugwa mu nkuru z’urukundo barabinyomoza

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?