BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Marina na Yvan Muziki bategerejwe mu gitaramo i Dubai  

Marina na Yvan Muziki bategerejwe mu gitaramo i Dubai  

admin
Last updated: November 28, 2022 9:15 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi nyarwanda Marina Deborah agiye gutaramira bwa mbere muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Mujyi wa Dubai.

Integuza y’igitaramo cya Marina na Yvan Muziki i Dubai

Ni igitaramo giteganyijwe kuba kuwa 3 Ukuboza 2022, aho azahurira ku rubyiniro n’Umurundi Yvan Muziki mu gitaramo kiswe Kidezember Concert.

Abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga nka Instagram, Marina yavuze ko azaba ari igitaramo cy’akataraboneka ndetse ko bazatanga ibyishimo afatanyije na Yvan Muziki, ati “Igitaramo cyanjye cya mbere i Dubai hazashya.”

Iki gitaramo cyiswe Kidezember Concert, kizabera ahitwa Lotus kuri Grand Hotel mu mujyi wa Dubai.

Marina ni umwe mu bahanzikazi nyarwanda bahagaze neza, aheruka gushyira hanze indirimbo Ok ari kumwe na Li John. Kuri ubu akaba akorera ibikorwa bye bya muzika muri The Mane, yakoze indirimbo zinyuranye zakunzwe nka Shawe, Brigade, Byarara Bibaye, Log Out, Decision n’izindi.

Yvan Muziki ni umuhanzi w’Umurundi uri mu bagezweho muri EAC no hanze yayo, yakoranye indirimo n’abahanzi banyuranye hano mu Rwanda nka Urban Boys “Nkumbuye Cherie”, Byabihe yakoranye na Auncle Austin, yakoranye kandi na Bruce Melody na Bushali.

Afitanye kandi indirimbo na Marina ndetse na Masamba mu gihe umuhanzi nyarwanda baheruka gukorana ari Dj Pius, bakoranye iyitwa “Nyash”.

Yvan Muziki na Marina bigize kuvugwa mu nkuru z’urukundo barabinyomoza

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?