BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Indege ya Gisirikare ya Congo yavogereye u Rwanda

Indege ya Gisirikare ya Congo yavogereye u Rwanda

admin
Last updated: November 7, 2022 2:09 pm
admin
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda yatangaje ko ahagana isaa 11h 20 kuri uyu wa Mbere tariki 7 Ugushyingo indege ya Gisirikare ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda igwa ku kibuga cy’indege cya Rubavu.

Indege ya Gisirikare ya Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda

Iyi ndege ya gisirikare yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yaguye ku kibuga cy’indege cya Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba aho yamaze umwanya muto.

Ni igikorwa cyafashwe nk’ubushotoranyi bw’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo k’u Rwanda.

U Rwanda rwamenyesheje Guverinoma ya RD Congo iby’ubu bushotoranyi, yemera ko byabayeho.

Itangazo ryasohowe na Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko  “Nta cyemezo cya gisirikare cyafashwe ku ruhande rw’u Rwanda mu gusubiza, ndetse iyo ndege isubira muri RDC.”

Kuwa wa 6 Ugushyingo 2022 amasosiyete y’indege z’ubucuruzi muri Congo yamenyeshejwe ko ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma gifunze aho cyakira indege z’intambara ziturutse i Kinshasa.

Ni indege zaje muri Operasiyo yo kurasa nta kubabarira umutwe wa M23 ukomeje kuzonga Leta ya Kinshasa umunsi ku munsi.

Izi ndege zazanwe i Goma zirimo n’iyavogereye ikirere cy’u Rwanda zirajyana n’ubwiyongere bw’abasirikare ba FARDC bakomeje kuzanwa muri Kivu y’Amajyaruguru mu rwego rwo guhangana na M23.

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Umurungi Alice says:
    November 7, 2022 at 6:54 pm

    Indege ya gisirikari yavogereye igihugu? Bishoboka bite? Yenda byakwimvikana iyo ndege ivogereye ikirere ariko iguye ikanahaguruka ikigendera, byaba bigayitse cyane! Abasirikari bacu se bari basinziriye? Rwose sindabyumva kugeza magingo aya!

    Reply
    • Anonymous says:
      November 9, 2022 at 5:26 pm

      HAHAHHH ALICE INKOTANYI NTIZIHUBUKA

      Reply
      • Anonymous says:
        November 9, 2022 at 5:28 pm

        KANDI BURIYA KUBAHANGA NUCECETSE ABA AVUZE

        Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?