BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Kazura yakiriye Minisitiri w’urubyiruko wa Mali

Gen Kazura yakiriye Minisitiri w’urubyiruko wa Mali

admin
Last updated: October 17, 2022 6:37 pm
admin
Share
SHARE
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Ukwakira 2022, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Jean Bosco Kazura ,yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo wa Mali, Ag Attaher Mossa.
Gen. Jean Bosco Kazura yakira Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo wa Mali, Ag Attaher Mossa
Kuri twitter y’ingabo z’uRwanda ntabwo hatangajwe icyavuye mu biganiro by’abo bayobozi.

Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame kuwa  11 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mali, Maj Gen Oumar Diarra, wari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

Maj Gen Diarra ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, yavuze ko we n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda kugira ngo bigire ku burambe budasanzwe bw’u Rwanda n’umutekano mu gihugu ndetse n’ubushobozi bw’Ingabo z’u Rwanda zagaragaje mu gukemura ibibazo mu bihugu nka Mozambique.

URwanda na Mali bisanzwe bifitanye umubano mwiza  by’umwihariko mu bijyanye n’umutekano.

URwanda ruri mu bihugu bike byihutiye gutanga ubufasha bw’ingabo zicunga umutekano ubwo igihugu cya Mali cyacikagamo ibice nyuma y’aho ingabo ziganjemo abarwanyi bo mu bwoko bw’Abatuareg hamwe n’agashami k’umutwe w’iterabwoba wa Alqaeda mu burengerazuba bwa Afrika (AQIM) bigaruriraga amajyaruguru y’icyo gihugu.

Ibi byanakurikiwe n’ihirikwa ry’ ubutegetsi bwa perezida wariho icyo gihe Ahamadou Tumani Toure byakozwe n’agatsiko k’abasirikare mu murwa mukuru Bamako.

Hari muri 2012 ubwo u Rwanda rwari ruyoboye akanama k’Umuryango w’abibumbye gashinzwe amahoro ku isi aho rwari umunyamuryango ufite icyicaro kidahoraho.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?