BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Kazura yakiriye Minisitiri w’urubyiruko wa Mali

Gen Kazura yakiriye Minisitiri w’urubyiruko wa Mali

admin
Last updated: October 17, 2022 6:37 pm
admin
Share
SHARE
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Ukwakira 2022, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Jean Bosco Kazura ,yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo wa Mali, Ag Attaher Mossa.
Gen. Jean Bosco Kazura yakira Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo wa Mali, Ag Attaher Mossa
Kuri twitter y’ingabo z’uRwanda ntabwo hatangajwe icyavuye mu biganiro by’abo bayobozi.

Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame kuwa  11 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mali, Maj Gen Oumar Diarra, wari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

Maj Gen Diarra ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, yavuze ko we n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda kugira ngo bigire ku burambe budasanzwe bw’u Rwanda n’umutekano mu gihugu ndetse n’ubushobozi bw’Ingabo z’u Rwanda zagaragaje mu gukemura ibibazo mu bihugu nka Mozambique.

URwanda na Mali bisanzwe bifitanye umubano mwiza  by’umwihariko mu bijyanye n’umutekano.

URwanda ruri mu bihugu bike byihutiye gutanga ubufasha bw’ingabo zicunga umutekano ubwo igihugu cya Mali cyacikagamo ibice nyuma y’aho ingabo ziganjemo abarwanyi bo mu bwoko bw’Abatuareg hamwe n’agashami k’umutwe w’iterabwoba wa Alqaeda mu burengerazuba bwa Afrika (AQIM) bigaruriraga amajyaruguru y’icyo gihugu.

Ibi byanakurikiwe n’ihirikwa ry’ ubutegetsi bwa perezida wariho icyo gihe Ahamadou Tumani Toure byakozwe n’agatsiko k’abasirikare mu murwa mukuru Bamako.

Hari muri 2012 ubwo u Rwanda rwari ruyoboye akanama k’Umuryango w’abibumbye gashinzwe amahoro ku isi aho rwari umunyamuryango ufite icyicaro kidahoraho.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?