BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Charly na Nina bishimiye uko bakiriwe muri Amerika mu gitaramo na Platini

Charly na Nina bishimiye uko bakiriwe muri Amerika mu gitaramo na Platini

admin
Last updated: October 17, 2022 1:26 pm
admin
Share
SHARE

Itsinda ry’abahanzikazi nyarwandakazi rya Charly na Nina banejejwe n’urugwiro bakiranywe n’abafana muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyane cyane abatuye i Louisville Kentucky.

Charly na Nina bishimiye uko bakiriwe muri Amerika

Ni igitaramo cyahuje abanyarwanda batari bake batuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyane cyane muri Leta ya Kentucky, mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 15 Ukwakira 2022.

Charly na Nina bahaye ibyishimo abakunzi b’umuziki wabo wamamaye mu ndirimbo nka Try Me, Zahabu, Lavender, Face to Face, Indoro n’izindi zitandukanye. Platini we yabinyujije mu ndirimbo ze nka Atansiyo, Shumuleta n’izindi.

Nyuma y’iki gitaramo, Muhoza Fatuma uzwi nka Nina mu itsinda Charly na Nina yabwiye UMUSEKE ko banejejwe n’uburyo bakiriwe n’abafana baba bigomwe byinshi bakaza kwifatanya mu gitaramo.

Ati “Twakiriwe neza cyane, birashimishije cyane kandi abantu ba hano baratwishimiye. Abantu iyo bafashe umwanya bakaza bakishima nibyo bya ngombwa.”

Nina yavuze kandi ko ari iby’agaciro gukorana igitaramo na Platini muri Amerika, nubwo basanzwe bakorana mu bikorwa binyuranye bya muzika.

Biteganyijwe ko Platini akomeza gahunda y’ibitaramo muri Amerika, naho Charly na Nina bo bakahakomereza gahunda yo kuhakorera indirimbo yabo nshya cyane cyane amashusho, gusa Nina yabwiye UMUSEKE ko hari ibiganiro barimo bitaracamo neza ariko ngo bafite inkuru nziza bazageza ku bakunzi babo.

Charly na Nina bahagurutse i Kigali berekeza muri leta ya Kentucky tariki 22 Nzeri 2022, naho ahaguruka kuwa 11 Ukwakira 2022.

Muri Gashyantare 2022 nibwo Charly na Nina bashyize hanze indirimbo yabo Lavender nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze batagaragara mu buikorwa bya muzika, imyaka bise iy’akaruhuko.

Abanyarwanda batuye muri Kentucky bari baje gushyigikira Platini na Charly na Nina

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Koreya ya Ruguru yagerageje misile zo mu bwoko bwa cruise zirasa kure cyane

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yayoboye umuhango wo kugerageza…

Espagne ntiyumva impamvu yo gutera Iran

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yanenze cyane ibitero Leta Zunze Ubumwe…

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?