BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Charly na Nina bishimiye uko bakiriwe muri Amerika mu gitaramo na Platini

Charly na Nina bishimiye uko bakiriwe muri Amerika mu gitaramo na Platini

admin
Last updated: October 17, 2022 1:26 pm
admin
Share
SHARE

Itsinda ry’abahanzikazi nyarwandakazi rya Charly na Nina banejejwe n’urugwiro bakiranywe n’abafana muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyane cyane abatuye i Louisville Kentucky.

Charly na Nina bishimiye uko bakiriwe muri Amerika

Ni igitaramo cyahuje abanyarwanda batari bake batuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyane cyane muri Leta ya Kentucky, mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 15 Ukwakira 2022.

Charly na Nina bahaye ibyishimo abakunzi b’umuziki wabo wamamaye mu ndirimbo nka Try Me, Zahabu, Lavender, Face to Face, Indoro n’izindi zitandukanye. Platini we yabinyujije mu ndirimbo ze nka Atansiyo, Shumuleta n’izindi.

Nyuma y’iki gitaramo, Muhoza Fatuma uzwi nka Nina mu itsinda Charly na Nina yabwiye UMUSEKE ko banejejwe n’uburyo bakiriwe n’abafana baba bigomwe byinshi bakaza kwifatanya mu gitaramo.

Ati “Twakiriwe neza cyane, birashimishije cyane kandi abantu ba hano baratwishimiye. Abantu iyo bafashe umwanya bakaza bakishima nibyo bya ngombwa.”

Nina yavuze kandi ko ari iby’agaciro gukorana igitaramo na Platini muri Amerika, nubwo basanzwe bakorana mu bikorwa binyuranye bya muzika.

Biteganyijwe ko Platini akomeza gahunda y’ibitaramo muri Amerika, naho Charly na Nina bo bakahakomereza gahunda yo kuhakorera indirimbo yabo nshya cyane cyane amashusho, gusa Nina yabwiye UMUSEKE ko hari ibiganiro barimo bitaracamo neza ariko ngo bafite inkuru nziza bazageza ku bakunzi babo.

Charly na Nina bahagurutse i Kigali berekeza muri leta ya Kentucky tariki 22 Nzeri 2022, naho ahaguruka kuwa 11 Ukwakira 2022.

Muri Gashyantare 2022 nibwo Charly na Nina bashyize hanze indirimbo yabo Lavender nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze batagaragara mu buikorwa bya muzika, imyaka bise iy’akaruhuko.

Abanyarwanda batuye muri Kentucky bari baje gushyigikira Platini na Charly na Nina

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?