BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kigali: Abubaka mu cyahoze KIE bakoze igisa n’imyigaragambyo bishyuza 

Kigali: Abubaka mu cyahoze KIE bakoze igisa n’imyigaragambyo bishyuza 

admin
Last updated: October 7, 2022 7:17 pm
admin
Share
SHARE

Bamwe mu baturage bubaka muri Kaminuza y’u Rwanda, hahoze hitwa KIE, bazindukiye mu gisa n’imyigaragambyo ku biro by’ishuri basaba guhembwa amafaranga bakoreye.

Abubaka imirimo yabo bayikoze ahahoze ari muri KIE

Mu baturage bagera kuri 60 bubaka inyubako zo muri iri shuri, barimo abafundi, abayedi, abasiga irangi n’abashushanya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Ukwakira 2022, abo baturage bazindukiye kuri iryo shuri basaba guhabwa amafaranga y’ukwezi ndetse ko  bahagaritswe mu kazi batazi impamvu.

Umwe muri aba yabwiye UMUSEKE ko ahora asiragizwa Kandi ntabwirwe igihe azishyurirwa.

Yagize ati “Ku bwange mfiteyo Frw 80,000 kandi iki cyumweru ni icya gatatu. Aho nahagarariye gukora bari batubwiye ngo barahita bayaduha, dutanga fotokopi (photocopy) y’irangamuntu, konti, batubwira ko amafaranga duhita tuyabona, none kugeza n’ubu sindayabona.”

Uyu avuga ko kuba atarahembwa kandi hari umuryango agomba kwitaho biri guhungabanya urugo rwe.

Yagize ati “Urabona turi mu bihe by’abanyeshuri kandi tuba dukeneye kugura impuzankano, ibikoresho ndetse no gutunga imiryango yacu kandi hariya twakoraga ntabwo baduhaga ayo kurya, twitegeraga, ibyo byose biba ari ukwirwanaho.”

Undi na we uhuje ikibazo n’uyu muturage, avuga ko ubuyobozi buhora bubizeza ko bagiye kwishyurwa ariko  ntibishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Nakoreye hano muri KIE ariko baratubabaje, baratubeshya, ntituzi ibibazo byahabaye, ntibashaka kubitubwira, turaza bakatubwira ngo turabona ubutumwa, turabona ubutumwa… Icyumweru cyirashira, ukwezi kurashira.”

Yakomeje agira ati “None abana ntibiga, badusohoye mu nzu, none baranaduhagaritse ntitunakora noneho. Ibaze guturuka Kimisagara n’amagaru tuje kwishyuza, abandi Nyabugogo, Nyamirambo. Turababaye cyane.”

Ushinzwe kubakisha izo nyubako ndetse no gucunga umutungo, Maniragaba Francois, yabwiye UMUSEKE ko atagira icyo atangaza kuko atari we ushinzwe gutanga amakuru.

UMUSEKE wagerageje kuvugisha umuyobozi Nshingwabikorwa muri Kaminuza y’u Rwanda, Nzitatira Wilson, ariko na we ntiyashima kutuvugisha.

Aba baturage barasaba ko bahabwa amafaranga bakoreye cyane ko bahagaritswe mu kazi.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: UR yihaye igihe kigufi ngo ibe yishyuye “ba nyakabyizi” basana iyahoze ari KIE – Umuseke
  • Pingback: UR yihaye igihe kigufi ngo ibe yishyuye “ba nyakabyizi” basana iyahoze ari KIE – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?