BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kigali: Abubaka mu cyahoze KIE bakoze igisa n’imyigaragambyo bishyuza 

Kigali: Abubaka mu cyahoze KIE bakoze igisa n’imyigaragambyo bishyuza 

admin
Last updated: October 7, 2022 7:17 pm
admin
Share
SHARE

Bamwe mu baturage bubaka muri Kaminuza y’u Rwanda, hahoze hitwa KIE, bazindukiye mu gisa n’imyigaragambyo ku biro by’ishuri basaba guhembwa amafaranga bakoreye.

Abubaka imirimo yabo bayikoze ahahoze ari muri KIE

Mu baturage bagera kuri 60 bubaka inyubako zo muri iri shuri, barimo abafundi, abayedi, abasiga irangi n’abashushanya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Ukwakira 2022, abo baturage bazindukiye kuri iryo shuri basaba guhabwa amafaranga y’ukwezi ndetse ko  bahagaritswe mu kazi batazi impamvu.

Umwe muri aba yabwiye UMUSEKE ko ahora asiragizwa Kandi ntabwirwe igihe azishyurirwa.

Yagize ati “Ku bwange mfiteyo Frw 80,000 kandi iki cyumweru ni icya gatatu. Aho nahagarariye gukora bari batubwiye ngo barahita bayaduha, dutanga fotokopi (photocopy) y’irangamuntu, konti, batubwira ko amafaranga duhita tuyabona, none kugeza n’ubu sindayabona.”

Uyu avuga ko kuba atarahembwa kandi hari umuryango agomba kwitaho biri guhungabanya urugo rwe.

Yagize ati “Urabona turi mu bihe by’abanyeshuri kandi tuba dukeneye kugura impuzankano, ibikoresho ndetse no gutunga imiryango yacu kandi hariya twakoraga ntabwo baduhaga ayo kurya, twitegeraga, ibyo byose biba ari ukwirwanaho.”

Undi na we uhuje ikibazo n’uyu muturage, avuga ko ubuyobozi buhora bubizeza ko bagiye kwishyurwa ariko  ntibishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Nakoreye hano muri KIE ariko baratubabaje, baratubeshya, ntituzi ibibazo byahabaye, ntibashaka kubitubwira, turaza bakatubwira ngo turabona ubutumwa, turabona ubutumwa… Icyumweru cyirashira, ukwezi kurashira.”

Yakomeje agira ati “None abana ntibiga, badusohoye mu nzu, none baranaduhagaritse ntitunakora noneho. Ibaze guturuka Kimisagara n’amagaru tuje kwishyuza, abandi Nyabugogo, Nyamirambo. Turababaye cyane.”

Ushinzwe kubakisha izo nyubako ndetse no gucunga umutungo, Maniragaba Francois, yabwiye UMUSEKE ko atagira icyo atangaza kuko atari we ushinzwe gutanga amakuru.

UMUSEKE wagerageje kuvugisha umuyobozi Nshingwabikorwa muri Kaminuza y’u Rwanda, Nzitatira Wilson, ariko na we ntiyashima kutuvugisha.

Aba baturage barasaba ko bahabwa amafaranga bakoreye cyane ko bahagaritswe mu kazi.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: UR yihaye igihe kigufi ngo ibe yishyuye “ba nyakabyizi” basana iyahoze ari KIE – Umuseke
  • Pingback: UR yihaye igihe kigufi ngo ibe yishyuye “ba nyakabyizi” basana iyahoze ari KIE – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?