BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Imvura ivanze n’umuyaga yasenye inzu 56, abana 3 barakomereka

Musanze: Imvura ivanze n’umuyaga yasenye inzu 56, abana 3 barakomereka

admin
Last updated: September 27, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko bumaze kubarura inzu 56 zangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga, yatangiye kugwa ku cyumweru tariki 25 Nzeri 2022.

Inzu nyinshi zagiye ziguruka ibisenge

Abantu batatu barakomeretse, n’ibikorwa remezo birimo insinga z’amashanyarazi n’amapoto birangirika.

Umurenge wa Cyuve ni wo wibasiwe cyane.

Iyo mvura n’umuyaga byasenyeye abaturage, yatangiye kugwa ku cyumweru, ariko kuri uyu wa mbere iza kwiyongera yibasira inzu z’abaturage biganjemo abatuye mu Murenge wa Cyuve.

Muri uyu murenge habarurwa inzu zirenga 30 zimaze kwangirika kubera ibi biza.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Axelle Kamanzi avuga ko nubwo bakiri gukora ibarura ry’ibyangiritse byose, kuri ubu hari inzu, amapoto n’insinga ndetse n’ibihingwa by’abaturage byamaze kwangirika.

Asaba abaturage kurushaho kuzirika ibisenge by’inzu zabo kuko ari byo bikunze kuguruka, no kuyobora amazi ashobora kubasenyera.

Yagize ati “Kugeza ubu turacyari kubarura ibimaze kwangizwa n’imvura ivanze n’umuyaga yibasiye ibice by’Imirenge y’uyu Mujyi, hari inzu, ibihingwa, ibikorwa remezo birimo amapoto n’insinga byangiritse ndetse hari n’abana batatu bakomeretse.”

Ubuyobozi ngo buracyari kureba imiryango yangirijwe ibyayo ngo hagire igikorwa, na minisiteri ibishinzwe ibikorwa by’ubutabazi n’abandi bafatanyabikorwa.

Muri iki gihe cy’umuhindo, Akarere ka Musanze kari kugwamo imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, cyane ko n’igihe cy’impeshyi gishize izuba ryabaye rike cyane kuko imvura isa n’iyakomeje kugwa.

Mu mezi icyenda ashize ibiza byahitanye abantu 137 – MINEMA

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?