BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Imvura ivanze n’umuyaga yasenye inzu 56, abana 3 barakomereka

Musanze: Imvura ivanze n’umuyaga yasenye inzu 56, abana 3 barakomereka

admin
Last updated: September 27, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko bumaze kubarura inzu 56 zangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga, yatangiye kugwa ku cyumweru tariki 25 Nzeri 2022.

Inzu nyinshi zagiye ziguruka ibisenge

Abantu batatu barakomeretse, n’ibikorwa remezo birimo insinga z’amashanyarazi n’amapoto birangirika.

Umurenge wa Cyuve ni wo wibasiwe cyane.

Iyo mvura n’umuyaga byasenyeye abaturage, yatangiye kugwa ku cyumweru, ariko kuri uyu wa mbere iza kwiyongera yibasira inzu z’abaturage biganjemo abatuye mu Murenge wa Cyuve.

Muri uyu murenge habarurwa inzu zirenga 30 zimaze kwangirika kubera ibi biza.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Axelle Kamanzi avuga ko nubwo bakiri gukora ibarura ry’ibyangiritse byose, kuri ubu hari inzu, amapoto n’insinga ndetse n’ibihingwa by’abaturage byamaze kwangirika.

Asaba abaturage kurushaho kuzirika ibisenge by’inzu zabo kuko ari byo bikunze kuguruka, no kuyobora amazi ashobora kubasenyera.

Yagize ati “Kugeza ubu turacyari kubarura ibimaze kwangizwa n’imvura ivanze n’umuyaga yibasiye ibice by’Imirenge y’uyu Mujyi, hari inzu, ibihingwa, ibikorwa remezo birimo amapoto n’insinga byangiritse ndetse hari n’abana batatu bakomeretse.”

Ubuyobozi ngo buracyari kureba imiryango yangirijwe ibyayo ngo hagire igikorwa, na minisiteri ibishinzwe ibikorwa by’ubutabazi n’abandi bafatanyabikorwa.

Muri iki gihe cy’umuhindo, Akarere ka Musanze kari kugwamo imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, cyane ko n’igihe cy’impeshyi gishize izuba ryabaye rike cyane kuko imvura isa n’iyakomeje kugwa.

Mu mezi icyenda ashize ibiza byahitanye abantu 137 – MINEMA

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?