BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Raila Odinga ntazitabira irahira rya William Ruto -Impamvu?

Raila Odinga ntazitabira irahira rya William Ruto -Impamvu?

admin
Last updated: September 12, 2022 10:15 pm
admin
Share
SHARE

Kenya izarahiza Perezida wa gatanu w’iki gihugu uzasimbura Uhuru Kenyatta, uyu ni William Ruto. Uwo yatsinze mu matora yavuze ko ibyo birori atazabibamo.

Raila Odinga yahakanye ibyavuye mu matora ya Perezida (Archives)

Ubutumwa bukubiye mu ibaruwa, Raila Odinga yanditse, yavuze ko yatumiwe mu irahira rya William Ruto, ndetse ngo bagiranye ikiganiro kuri telefoni, ariko ngo ntashobora kwitabira ibi birori.

Yagize ati “Mbabajwe no kuba ntazaba mpari mu birori byo kumurahiza kubera ko ndi hanze y’igihugu, kandi mfite izindi nshingano zikomeye zindeba.”

Odinga yavuze ko Komisiyo y’Igenga ishinzwe amatora itakoresheje amatora anyuze mu mucyo no mu bwisanzure.

Yongeyeho ko indi mpamvu atakwitabira irahira rya William Ruto ari uko Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko yatsinze amatora, ngo rwirengagije ukuri n’amategeko.

Gusa yavuze ko “bemeye uwo mwanzuro”.

Odinga yavuze ko ibyavuye mu matora bitarangiye, ndetse ngo nava mu mahanga we n’itsinda bishyize hamwe rya Azimio la Umoja One Kenya, bazatangaza izindi ntambwe zizakurikiraho kugira ngo bafashe Demokarasi gushinga imizi muri Kenya.

Yavuze ko hakenewe kuvugurura no guhindura inzego zishinzwe gutsimbataza Demokarasi muri kiriya gihugu.

Nyamara abasomye ubutumwa bwe, bagiye basubiza ko igihe kigeze ngo Raila Odinga aruhuke.

Nubwo Odinga avuga ibi, kuri uyu wa Mbere, Perezida Uhuru Kenyatta utari washyigikiye William Ruto, yashyize yemera kumushimira nk’uwatsinze amatora ndetse uzamusimbura ku ntebe y’icyubahiro.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?