BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Raila Odinga ntazitabira irahira rya William Ruto -Impamvu?

Raila Odinga ntazitabira irahira rya William Ruto -Impamvu?

admin
Last updated: September 12, 2022 10:15 pm
admin
Share
SHARE

Kenya izarahiza Perezida wa gatanu w’iki gihugu uzasimbura Uhuru Kenyatta, uyu ni William Ruto. Uwo yatsinze mu matora yavuze ko ibyo birori atazabibamo.

Raila Odinga yahakanye ibyavuye mu matora ya Perezida (Archives)

Ubutumwa bukubiye mu ibaruwa, Raila Odinga yanditse, yavuze ko yatumiwe mu irahira rya William Ruto, ndetse ngo bagiranye ikiganiro kuri telefoni, ariko ngo ntashobora kwitabira ibi birori.

Yagize ati “Mbabajwe no kuba ntazaba mpari mu birori byo kumurahiza kubera ko ndi hanze y’igihugu, kandi mfite izindi nshingano zikomeye zindeba.”

Odinga yavuze ko Komisiyo y’Igenga ishinzwe amatora itakoresheje amatora anyuze mu mucyo no mu bwisanzure.

Yongeyeho ko indi mpamvu atakwitabira irahira rya William Ruto ari uko Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko yatsinze amatora, ngo rwirengagije ukuri n’amategeko.

Gusa yavuze ko “bemeye uwo mwanzuro”.

Odinga yavuze ko ibyavuye mu matora bitarangiye, ndetse ngo nava mu mahanga we n’itsinda bishyize hamwe rya Azimio la Umoja One Kenya, bazatangaza izindi ntambwe zizakurikiraho kugira ngo bafashe Demokarasi gushinga imizi muri Kenya.

Yavuze ko hakenewe kuvugurura no guhindura inzego zishinzwe gutsimbataza Demokarasi muri kiriya gihugu.

Nyamara abasomye ubutumwa bwe, bagiye basubiza ko igihe kigeze ngo Raila Odinga aruhuke.

Nubwo Odinga avuga ibi, kuri uyu wa Mbere, Perezida Uhuru Kenyatta utari washyigikiye William Ruto, yashyize yemera kumushimira nk’uwatsinze amatora ndetse uzamusimbura ku ntebe y’icyubahiro.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?