BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Raila Odinga ntazitabira irahira rya William Ruto -Impamvu?

Raila Odinga ntazitabira irahira rya William Ruto -Impamvu?

admin
Last updated: September 12, 2022 10:15 pm
admin
Share
SHARE

Kenya izarahiza Perezida wa gatanu w’iki gihugu uzasimbura Uhuru Kenyatta, uyu ni William Ruto. Uwo yatsinze mu matora yavuze ko ibyo birori atazabibamo.

Raila Odinga yahakanye ibyavuye mu matora ya Perezida (Archives)

Ubutumwa bukubiye mu ibaruwa, Raila Odinga yanditse, yavuze ko yatumiwe mu irahira rya William Ruto, ndetse ngo bagiranye ikiganiro kuri telefoni, ariko ngo ntashobora kwitabira ibi birori.

Yagize ati “Mbabajwe no kuba ntazaba mpari mu birori byo kumurahiza kubera ko ndi hanze y’igihugu, kandi mfite izindi nshingano zikomeye zindeba.”

Odinga yavuze ko Komisiyo y’Igenga ishinzwe amatora itakoresheje amatora anyuze mu mucyo no mu bwisanzure.

Yongeyeho ko indi mpamvu atakwitabira irahira rya William Ruto ari uko Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko yatsinze amatora, ngo rwirengagije ukuri n’amategeko.

Gusa yavuze ko “bemeye uwo mwanzuro”.

Odinga yavuze ko ibyavuye mu matora bitarangiye, ndetse ngo nava mu mahanga we n’itsinda bishyize hamwe rya Azimio la Umoja One Kenya, bazatangaza izindi ntambwe zizakurikiraho kugira ngo bafashe Demokarasi gushinga imizi muri Kenya.

Yavuze ko hakenewe kuvugurura no guhindura inzego zishinzwe gutsimbataza Demokarasi muri kiriya gihugu.

Nyamara abasomye ubutumwa bwe, bagiye basubiza ko igihe kigeze ngo Raila Odinga aruhuke.

Nubwo Odinga avuga ibi, kuri uyu wa Mbere, Perezida Uhuru Kenyatta utari washyigikiye William Ruto, yashyize yemera kumushimira nk’uwatsinze amatora ndetse uzamusimbura ku ntebe y’icyubahiro.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?