BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > UPDATES: Uruhinja rw’ukwezi rwasanzwe mu musarane

UPDATES: Uruhinja rw’ukwezi rwasanzwe mu musarane

admin
Last updated: August 31, 2022 10:51 am
admin
Share
SHARE

UPDATE: Nyuma y’inkuru UMUSEKE wabagejejeho y’uruhinja rwasanzwe mu bwirehero rwapfuye, kuri uyu wa Gatatu ahagana saa saba n’iminota cumi n’itanu (13h15) ku bufatanye b’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Police y’igihugu, inzego z’ibanze, umurambo w’urwo ruhinja wakuwe mu bwiherero.

Imodoka y’akarere yawujyanye ku Bitaro bya Nemba gukorerwa isuzuma. Ntabwo haramenyekana uwajugunye uwo mwana.

INKURU YABANJE: Mu rukerera rwo ku wa kabiri tariki 30 Kanama, 2022 mu bwiherero bw’inzu y’umuturage ufite resitora hasanzwemo uruhinja rw’ukwezi kumwe rwapfuye.

Byabereye mu Mudugudu wa Nyamure, Akagari ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke

Ni mu isantere y’ahazwi nko ku mashini, kuri Base, hafi ya gare yo mu Karere ka Gakenke.

Uwaduhaye amakuru avuga ko bikemenyekana ko muri uwo musarani harimo uruhinja, inzego zitandukanye zahageze ngo harebwe niba rwabasha gukurwamo ariko ubwo twakoraga inkuru byari bitarashobo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakina, Niyigena Aline, yabwiye UMUSEKE ko muri ako gace hasanzwe abakora uburaya, bikekwa ko baba aribo bajugunye urwo ruhinja.

Uyu muyobozi yemeje ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangiye gukora iperereza ngo hamenyekane uwakoze ibyo.

Yagize ati “Ntabwo turamenya uwarutayemo ariko ni ahantu hakunze kuba hari abantu baturutse hirya no hino. Haraza gukorwa iperereza hamenyekane uwabikoze. RIB yahise ihagera ngo ikore iperereza.”

Uyu muyobozi yasabye  kujya batanga amakuru ku bantu badasanzwe bazi mu gace batuye.

Yagize ati “Ni ugukurikirana abantu bari mu gace kacu, tukamenya amakuru yabo, y’umuntu wahaje atari ahasanzwe.”

Yasabye igitsina gore ko mu gihe babyaye umwana batagakwiye kwihekura, bakarangwa n’umutima wa muntu.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

Amakuru atangazwa n’itangazamakuru rya leta muri Iran aravuga ko umuhango wo gushyingura…

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?