BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Yatunguranye aseruka mu mwambaro ukoze mu mashara n’ibirere by’insina

Yatunguranye aseruka mu mwambaro ukoze mu mashara n’ibirere by’insina

admin
Last updated: August 16, 2022 10:02 pm
admin
Share
SHARE

Ubwo herekanwaga impano z’urubyiruko mu Ntara y’Iburasirazuba umukobwa yatunguranye aseruka imbere y’akanama nkemuramoaka yambaye ikanzu ikoze mu mashara (Amakoma y’insina yumye) nk’umunyamideli.

Yaserukanye ikanzu y’amashara mu marushanwa ya Art Rwanda Ubuhanzi

Igihingwa cy’insina kuva na kera mu muco nyarwanda ni kimwe mu bikomokaho ibitunga benshi, bagikesha ibyo kurya nk’abakunda inyamunyo, injagi, inshakara n’andi mazina baha igitoki cyo kurya.

Ibi biba agatangaza ku bakunda agasembuye ka Kinyarwanda cyangwa se Urwagwa kuko barushimiye guhuza imiryango, usaba umugeni yitwazaga ikibindi cyarwo ndetse inshuti yawe yakugenderera ukayiramiza umukuzo (Igicuma) wuzuye akagwa.

Uwavuga ibyiza by’insina ntiyabirondora uko byakabaye kuko wanavuga ko inka n’andi matungo azikesha ibizitunga, uretse ibyo ariko amakoma y’insina uko asaza aruma maze bayashakira amazina bati ni “Amashara” cyangwa “Ibishangara” n’andi mazina bitewe naho uvuka.

Aya mashara uretse kuyacanisha, bakayifashisha batara ibitoki ngo bazenge inzoga nta wari uzi ko yagira akandi kamaro. Gusa ibi byanyomojwe n’umwana w’umukobwa Nyirabyo Fabiola, ubwo yaserukaga imbere y’akanama nkemurampaka mu marushanwa yo kugaragaza impano Art Rwanda Ubuhanzi yambaye umwambaro we yarengejeho ikanzu ikoze mu mashara n’ibirere.

Nyirabyo Fabiola ufite impano yo gukora imideli akora mu bitambaro binyuranye, yatunguranye ubwo yaserukaga mu mwambaro ukoze mu mashara, maze no ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter za Art Rwanda Ubuhanzi bati “Imideli yo mu mashara yatwemeje! …  Yaserutse yambaye umwambaro we yawurengejeho amashara hejuru.”

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakaba batangariye agashya k’uyu mwana w’umukonwa watekereje kure akabyaza amashara n’ibirere umwambaro yaserukanye mu marushanwa. Fabiola ni umwe mu banyempano  bagaragaje impano zabo mu Ntara y’Iburasirazuba kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Kanama 2022, umuhango wabereye mu Karere ka Kayonza.

Ni amarushanwa arimo ibyamamare nk’Abakemurampaka nka Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman, Mani Martin, Bushayija Pascal n’abandi.

Art Rwanda Ubuhanzi ni amarushanwa azenguraka mu Turere twose tw’igihugu atoranya abanyempano b’urubyiruko, aho abahiga abandi bafashwa kuyishira mu bikorwa ndetse abandi bakerekwa uko bayikomeza. Ni amarushanwa ategurwa ku bufatanye bwa Imbuto Foundation.

Hatoranywa impano mu ngeri zinyuranye harimo gushushanya, imideli, ubugeni, ubwanditsi, kuririmba, ubusizi n’inzindi zinyuranye.

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?