BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Yatunguranye aseruka mu mwambaro ukoze mu mashara n’ibirere by’insina

Yatunguranye aseruka mu mwambaro ukoze mu mashara n’ibirere by’insina

admin
Last updated: August 16, 2022 10:02 pm
admin
Share
SHARE

Ubwo herekanwaga impano z’urubyiruko mu Ntara y’Iburasirazuba umukobwa yatunguranye aseruka imbere y’akanama nkemuramoaka yambaye ikanzu ikoze mu mashara (Amakoma y’insina yumye) nk’umunyamideli.

Yaserukanye ikanzu y’amashara mu marushanwa ya Art Rwanda Ubuhanzi

Igihingwa cy’insina kuva na kera mu muco nyarwanda ni kimwe mu bikomokaho ibitunga benshi, bagikesha ibyo kurya nk’abakunda inyamunyo, injagi, inshakara n’andi mazina baha igitoki cyo kurya.

Ibi biba agatangaza ku bakunda agasembuye ka Kinyarwanda cyangwa se Urwagwa kuko barushimiye guhuza imiryango, usaba umugeni yitwazaga ikibindi cyarwo ndetse inshuti yawe yakugenderera ukayiramiza umukuzo (Igicuma) wuzuye akagwa.

Uwavuga ibyiza by’insina ntiyabirondora uko byakabaye kuko wanavuga ko inka n’andi matungo azikesha ibizitunga, uretse ibyo ariko amakoma y’insina uko asaza aruma maze bayashakira amazina bati ni “Amashara” cyangwa “Ibishangara” n’andi mazina bitewe naho uvuka.

Aya mashara uretse kuyacanisha, bakayifashisha batara ibitoki ngo bazenge inzoga nta wari uzi ko yagira akandi kamaro. Gusa ibi byanyomojwe n’umwana w’umukobwa Nyirabyo Fabiola, ubwo yaserukaga imbere y’akanama nkemurampaka mu marushanwa yo kugaragaza impano Art Rwanda Ubuhanzi yambaye umwambaro we yarengejeho ikanzu ikoze mu mashara n’ibirere.

Nyirabyo Fabiola ufite impano yo gukora imideli akora mu bitambaro binyuranye, yatunguranye ubwo yaserukaga mu mwambaro ukoze mu mashara, maze no ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter za Art Rwanda Ubuhanzi bati “Imideli yo mu mashara yatwemeje! …  Yaserutse yambaye umwambaro we yawurengejeho amashara hejuru.”

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakaba batangariye agashya k’uyu mwana w’umukonwa watekereje kure akabyaza amashara n’ibirere umwambaro yaserukanye mu marushanwa. Fabiola ni umwe mu banyempano  bagaragaje impano zabo mu Ntara y’Iburasirazuba kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Kanama 2022, umuhango wabereye mu Karere ka Kayonza.

Ni amarushanwa arimo ibyamamare nk’Abakemurampaka nka Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman, Mani Martin, Bushayija Pascal n’abandi.

Art Rwanda Ubuhanzi ni amarushanwa azenguraka mu Turere twose tw’igihugu atoranya abanyempano b’urubyiruko, aho abahiga abandi bafashwa kuyishira mu bikorwa ndetse abandi bakerekwa uko bayikomeza. Ni amarushanwa ategurwa ku bufatanye bwa Imbuto Foundation.

Hatoranywa impano mu ngeri zinyuranye harimo gushushanya, imideli, ubugeni, ubwanditsi, kuririmba, ubusizi n’inzindi zinyuranye.

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?