BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Josskid yasohoye indirimbo “Iminara” ateguza album ye ya mbere

Josskid yasohoye indirimbo “Iminara” ateguza album ye ya mbere

admin
Last updated: August 9, 2022 6:32 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’amezi ane gusa ashyize hanze indirimbo ‘Ishaza’ yamuzamuriye igikundiro umuraperi Josskid yasohoye indirimbo yise Iminara ikoze mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Umuraperi Josskid yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere

Indirimbo ‘Iminara’ ya Josskid igiye hanze nyuma yo gusohora izindi nka Ishaza yakoranye na Omriih, Iminsi na Technology yakoranye na Pacifica wo mu Karere ka Rubavu.

Iyi ndirimbo ‘Iminara’ ya Josskid ni imwe mu zigize Albumu ya mbere uyu musore yatangaje ko azashyira hanze mu mpera za 2022.

Yabwiye UMUSEKE ko “Hari imishinga myinshi nari mfite mu 2021 ntabashije kurangiza ijana ku ijana, abakunzi banjye muri 2022 bazabona ibyo bankundira.”

Iyi Album ya mbere ya Josskid izaba iriho indirimbo zirimo izo yakoranye na bamwe mu bahanzi bamaze kubaka izina rikomeye mu ruhando rwa muzika nyarwanda.

Muri iyi ndirimbo Josskid yamaze gusohora amashusho y’indirimbo yayo, aba aririmba avuga ko “Iminsi isaba intsinzi” arajwe ishinga no kuba ikimenyabose, yikomanga mu gatuza avuga ko “i Rubavu ariwe umurika mu muziki” asaba ko nab’i Kigali bafungura inzira akamurika impano z’i Bugoyi.

JossKid Ni umwe mu baraperi bagezweho mu Karere ka Rubavu cyane mu rubyiruko. Uretse kuba umuraperi ni n’umusizi ukomeye.

Ubuhanga mu ndirimbo z’uyu muhanzi mu gihe amaze mu muziki n’umuhate agira mu kuzimenyekanisha bigaragaza umuvuduko udasanzwe yinjiranye mu muziki.

Iyi ndirimbo nshya ya Josskid yakozwe mu buryo bw’amajwi na Ayoo killie icyakora atunganywa na Kina Beat, ni mu gihe amashusho yayo yo yafashwe akanatunganywa na Shaffy Ace afatanyije na Gady Tyler.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?