BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Josskid yasohoye indirimbo “Iminara” ateguza album ye ya mbere

Josskid yasohoye indirimbo “Iminara” ateguza album ye ya mbere

admin
Last updated: August 9, 2022 6:32 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’amezi ane gusa ashyize hanze indirimbo ‘Ishaza’ yamuzamuriye igikundiro umuraperi Josskid yasohoye indirimbo yise Iminara ikoze mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Umuraperi Josskid yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere

Indirimbo ‘Iminara’ ya Josskid igiye hanze nyuma yo gusohora izindi nka Ishaza yakoranye na Omriih, Iminsi na Technology yakoranye na Pacifica wo mu Karere ka Rubavu.

Iyi ndirimbo ‘Iminara’ ya Josskid ni imwe mu zigize Albumu ya mbere uyu musore yatangaje ko azashyira hanze mu mpera za 2022.

Yabwiye UMUSEKE ko “Hari imishinga myinshi nari mfite mu 2021 ntabashije kurangiza ijana ku ijana, abakunzi banjye muri 2022 bazabona ibyo bankundira.”

Iyi Album ya mbere ya Josskid izaba iriho indirimbo zirimo izo yakoranye na bamwe mu bahanzi bamaze kubaka izina rikomeye mu ruhando rwa muzika nyarwanda.

Muri iyi ndirimbo Josskid yamaze gusohora amashusho y’indirimbo yayo, aba aririmba avuga ko “Iminsi isaba intsinzi” arajwe ishinga no kuba ikimenyabose, yikomanga mu gatuza avuga ko “i Rubavu ariwe umurika mu muziki” asaba ko nab’i Kigali bafungura inzira akamurika impano z’i Bugoyi.

JossKid Ni umwe mu baraperi bagezweho mu Karere ka Rubavu cyane mu rubyiruko. Uretse kuba umuraperi ni n’umusizi ukomeye.

Ubuhanga mu ndirimbo z’uyu muhanzi mu gihe amaze mu muziki n’umuhate agira mu kuzimenyekanisha bigaragaza umuvuduko udasanzwe yinjiranye mu muziki.

Iyi ndirimbo nshya ya Josskid yakozwe mu buryo bw’amajwi na Ayoo killie icyakora atunganywa na Kina Beat, ni mu gihe amashusho yayo yo yafashwe akanatunganywa na Shaffy Ace afatanyije na Gady Tyler.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?