BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Yagenze Km 90 agamije kubwira ijambo rimwe umukunzi we

Yagenze Km 90 agamije kubwira ijambo rimwe umukunzi we

admin
Last updated: August 29, 2022 11:30 am
admin
Share
SHARE

Umugabo uri mu rukundo muri Africa y’Epfo yakoze umuhigo wo kugenda Km 90 agamije gusaba umukunzi we “kwemera kumubera umugore”.

Joseph Kagiso Ndlovu yavuze ko Prudence Dick yitabiriye isiganwa kugira ngo amushyigikire

Ku mbuga nkoranyambaga ababonye uyu mugabo azunguza igitambaro cyanditseho amagambo amuri ku mutima, n’imbaraga yakoresheje ngo yemeze umukunzi we, basabye ubwirwa kugira impuhwe akamwemerera.

Ni umugabo w’imyaka 57 witwa Joseph Kagiso Ndlovu, yagenze Km 90 yirukanka gahogahoro ibyo bita marathon, kugira ngo asaba umugore witwa Prudence kwemera ko bazashingana urugo.

Yafotowe Live azenguruka Stade azunguza igitambaro kiriho amagambo asaba umugore kumwemerera ko bazashingana urugo ubwo yendaga kugera aho abanda basorezaga urugendo mu isiganwa ryiswe “Comrades Marathon” ryaberaga muri Africa y’Epfo.

Kuri icyo gitambaro hari handitseho amagambo ngo “Prudence uzambera umugore? Nirutse Km 90 kubera wowe.”

Ababaje umugabo kamuraza impinga! Ni umugano w’Ikinyarwanda, gusa abakoresha imbuga nkoranyambaga, basabye uriya mugore guha agaciro imbaraga n’ubushake Joseph Ndlovu yakoresheje kugira ngo amwereke ko amukunda.

Ndlovu yaje kubwira BBC kuri uyu wa Mbere ko umugore yihebeye witwa Prudence Dick, yemeye ko bazashingana urugo.

Yavuze ko amaze igihe amutereta kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, akifuza ko mu mwaka utaha bazakorana ubukwe.

Uyu mugabo umaze kwitabira ririya siganwa inshuro zirindwi (7), yavuze ko kuri iyi nshuro yaryibiriye abitewe n’uriya mugore kugira ngo amwereke ko amukunda, kuko yari amaze imyaka ibiri ataryitabira.

Joseph Kagiso Ndlovu yagenze Km 90 ngo yereke umukobwa ko amukunda

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?