BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Yagenze Km 90 agamije kubwira ijambo rimwe umukunzi we

Yagenze Km 90 agamije kubwira ijambo rimwe umukunzi we

admin
Last updated: August 29, 2022 11:30 am
admin
Share
SHARE

Umugabo uri mu rukundo muri Africa y’Epfo yakoze umuhigo wo kugenda Km 90 agamije gusaba umukunzi we “kwemera kumubera umugore”.

Joseph Kagiso Ndlovu yavuze ko Prudence Dick yitabiriye isiganwa kugira ngo amushyigikire

Ku mbuga nkoranyambaga ababonye uyu mugabo azunguza igitambaro cyanditseho amagambo amuri ku mutima, n’imbaraga yakoresheje ngo yemeze umukunzi we, basabye ubwirwa kugira impuhwe akamwemerera.

Ni umugabo w’imyaka 57 witwa Joseph Kagiso Ndlovu, yagenze Km 90 yirukanka gahogahoro ibyo bita marathon, kugira ngo asaba umugore witwa Prudence kwemera ko bazashingana urugo.

Yafotowe Live azenguruka Stade azunguza igitambaro kiriho amagambo asaba umugore kumwemerera ko bazashingana urugo ubwo yendaga kugera aho abanda basorezaga urugendo mu isiganwa ryiswe “Comrades Marathon” ryaberaga muri Africa y’Epfo.

Kuri icyo gitambaro hari handitseho amagambo ngo “Prudence uzambera umugore? Nirutse Km 90 kubera wowe.”

Ababaje umugabo kamuraza impinga! Ni umugano w’Ikinyarwanda, gusa abakoresha imbuga nkoranyambaga, basabye uriya mugore guha agaciro imbaraga n’ubushake Joseph Ndlovu yakoresheje kugira ngo amwereke ko amukunda.

Ndlovu yaje kubwira BBC kuri uyu wa Mbere ko umugore yihebeye witwa Prudence Dick, yemeye ko bazashingana urugo.

Yavuze ko amaze igihe amutereta kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, akifuza ko mu mwaka utaha bazakorana ubukwe.

Uyu mugabo umaze kwitabira ririya siganwa inshuro zirindwi (7), yavuze ko kuri iyi nshuro yaryibiriye abitewe n’uriya mugore kugira ngo amwereke ko amukunda, kuko yari amaze imyaka ibiri ataryitabira.

Joseph Kagiso Ndlovu yagenze Km 90 ngo yereke umukobwa ko amukunda

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?