BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Yagenze Km 90 agamije kubwira ijambo rimwe umukunzi we

Yagenze Km 90 agamije kubwira ijambo rimwe umukunzi we

admin
Last updated: August 29, 2022 11:30 am
admin
Share
SHARE

Umugabo uri mu rukundo muri Africa y’Epfo yakoze umuhigo wo kugenda Km 90 agamije gusaba umukunzi we “kwemera kumubera umugore”.

Joseph Kagiso Ndlovu yavuze ko Prudence Dick yitabiriye isiganwa kugira ngo amushyigikire

Ku mbuga nkoranyambaga ababonye uyu mugabo azunguza igitambaro cyanditseho amagambo amuri ku mutima, n’imbaraga yakoresheje ngo yemeze umukunzi we, basabye ubwirwa kugira impuhwe akamwemerera.

Ni umugabo w’imyaka 57 witwa Joseph Kagiso Ndlovu, yagenze Km 90 yirukanka gahogahoro ibyo bita marathon, kugira ngo asaba umugore witwa Prudence kwemera ko bazashingana urugo.

Yafotowe Live azenguruka Stade azunguza igitambaro kiriho amagambo asaba umugore kumwemerera ko bazashingana urugo ubwo yendaga kugera aho abanda basorezaga urugendo mu isiganwa ryiswe “Comrades Marathon” ryaberaga muri Africa y’Epfo.

Kuri icyo gitambaro hari handitseho amagambo ngo “Prudence uzambera umugore? Nirutse Km 90 kubera wowe.”

Ababaje umugabo kamuraza impinga! Ni umugano w’Ikinyarwanda, gusa abakoresha imbuga nkoranyambaga, basabye uriya mugore guha agaciro imbaraga n’ubushake Joseph Ndlovu yakoresheje kugira ngo amwereke ko amukunda.

Ndlovu yaje kubwira BBC kuri uyu wa Mbere ko umugore yihebeye witwa Prudence Dick, yemeye ko bazashingana urugo.

Yavuze ko amaze igihe amutereta kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, akifuza ko mu mwaka utaha bazakorana ubukwe.

Uyu mugabo umaze kwitabira ririya siganwa inshuro zirindwi (7), yavuze ko kuri iyi nshuro yaryibiriye abitewe n’uriya mugore kugira ngo amwereke ko amukunda, kuko yari amaze imyaka ibiri ataryitabira.

Joseph Kagiso Ndlovu yagenze Km 90 ngo yereke umukobwa ko amukunda

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Utuntu n'utundi

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?