BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > William Ruto na Tshisekedi biyemeje kugarura amahoro vuba

William Ruto na Tshisekedi biyemeje kugarura amahoro vuba

admin
Last updated: November 22, 2022 10:02 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Kenya, William Ruto Samoei mu ruzinduko yagiriye i Kinshasa, we na Perezida Tshisekedi biyemeje gukorana n’abandi bakuru b’ibihugu by’Akarere kugira ngo bashakire amahoro uburasirazuba bwa Congo, mu gihe cya vuba.

Perezida William Ruto ahana ikiganza na Perezida Felix Tshisekedi

Itangazo ryasohotse nyuma y’ibiganiro by’aba bakuru b’ibihugu, rivuga ko ku birebana n’ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo, “Abakuru b’Ibihugu bagaragaje ko bafite ubushake bwo kurangiza ikibazo cy’umutekano muke mu gihe cya vuba hashoboka.”

Abakuru b’ibihugu ngo bazakorera hamwe na bagenzi babo bo mu muryango wa Africa y’Iburasirazuba kugira ngo hashyirwego uburyo buha amahirwe impande nyinshi zishoboka kugira ngo zifatanye gukemura ikibazo ku nyungu z’abaturage b’Akarere.

Perezida William Ruto, yemereye Tshisekedi ko ashyigikiye inzira igihugu cya Kenya cyahisemo yo kohereza abasirikare muri Congo, ndetse yavuze ko azafasha kugira ngo ibyemewe n’ingabo z’akarere ka EAC muri Congo, bishyirwe mu bikorwa, birimo kurandura imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo.

Ibihugu bya Kenya na Congo byasinye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye

Uretse ibijyanye n’ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo, abakuru b’ibihugu banaganiriye umubano w’ibihugu, aho basinye amasezerano y’imikoranire mu bya gisirikare, mu buhinzi, mu by’ingufu, mu bikorwa remezo, imari n’imiyoborere.

Perezida William Ruto nyuma yo guhura Tshisekedi, yavuze ko Kenya yiyemeje kufigira uruhare mu kuzana umutekano n’ituze mu Burasirazuba bwa Congo, no mu Karere.

Ati “Nta mahoro, nta gihugu cyangwa umuntu ku giti cye wagira urubuga rwo gutera imbere.”

Yavuze ko ibiganiro byamuhuje na Perezida Felix Tshisekedi, ku biro bye Palais de la Nation, biyemeje gukorana mu bijyanye n’umutekano, ubucuruzi n’ishoramari.

William Ruto aragirana ibiganiro na Perezida Tshisekedi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?